FARDC yongeye gutera M23 n’ibibunda biremereye

Umutwe wa M23 washinje Ihuriro ry’ingabo za Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuzigabaho ibitero kuri uyu wa Mbere, zikoresheje ibibunda ziremereye.

M23 yemeje ko yatewe biciye muri Perezida wayo, Bertrand Bisimwa.

Ku rubuga rwe rwa X yavuze ko “magingo aya kuri iyi Noheli, ihuriro ry’ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa riri kugaba ibitero zifashishije imizinga iremereye mu duce twa Mushaki na Karuba.”

Bisimwa yunzemo ko Ingabo za M23 zifite inshingano zo “kuvana umwanzi mu nzira” zigomba kurinda abasivile n’ibyabo, binyuze mu gukora akazi kazo kinyamwuga.

Kuva mu mpera z’icyumweru gishize ni bwo imirwano yongeye kubura hagati y’impande zombi.

Ni imirwano yubuye mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika zari zaratangaje agahenge k’iminsi itatu byaje kurangira kiyongereyeho ibyumweru bibiri.

M23 ishinja ihuriro ry’ingabo za Guverinoma ya RDC kuba nyirabayazana yo kwica aka gahenge.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *