Faustin Usengimana yabaye umukinnyi wa gatandatu Police FC isinyishije

Ikipe ya Police FC yamaze gusinyisha myugariro Faustin Usengimana, aba umukinnyi wa gatandatu iyi kipe y’igipolisi cy’u Rwanda imaze gusinyisha mu isoko ryo kugura no kugurisha abakinnyi ryo muri iyi mpeshyi.

Police FC yemeje ko uyu mukinnyi wari umaze imyaka ibiri akinira ikipe ya Buildcon FC yo muri Zambia yayisinyiye amasezerano y’imyaka ibiri.

Yagize iti: “Twasinyishije myugariro Usengimana Faustin amasezerano y’imyaka ibiri wakinaga muri Buildcon FC yo muri Zambia. Ni umukinnyi wa gatandatu dusinyishije muri iki gihe cy’igura n’igurisha. Turamwakiriye kandi tumwifurije ishya n’ihirwe.”

Police FC na Faustin Usengimana bari bamaze igihe barumvikanye, gusa ntibabashije guhita basinyana amasezerano kubera ko hari hagitegerejwe ibya ngombwa bimurekura muri Buildcon FC yakiniraga.

Amakuru avuga ko Police FC yamuhaye 6,000,000Rwf ya Recruitment ndetse n’umushahara wa buri kwezi ungana na 800,000Rwf.

Faustin Usengimana yakiniye amakipe atandukanye ya hano mu Rwanda, arimo Isonga, Rayon Sports na APR FC. Ni umwe mu bakinnyi batangaga icyizere cyo kuzavamo ba myugariro bakomeye mu gihugu, gusa aza gusubizwa inyuma n’imvune.

Abandi bakinnyi Police FC yamaze gusinyisha muri iyi mpeshyi barimo Eric Rutanga wavuye muri Rayon Sports (n’ubwo bivugwa ko yamaze gusinyira Young Africans), Iradukunda Eric Radu, Twizerimana Martin Fabrice, Ntwari Evode wakiniraga Mukura VS na Kwizera Janvier wahoze ari umuzamu wa Gasogi United.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *