Abanyapolitiki Martin Fayulu na Matata Ponyo cyo kimwe na muganga Dr Denis Mukwege, bahaye Leta ya Congo Kinshasa icyifuzo cyo guca burundu umubano n’u Rwanda; nk’imwe mu nzira yo gukemura uruhuri rw’ibibazo byugarije RDC.
Ni ibikubiye mu tangazo rihuriweho aba bagabo uko ari batatu basohoye kuri uyu wa Mbere tariki ya 26 Ukuboza 2022.
Muri iyi nyandiko, Fayulu watsinzwe na Tshisekedi mu matora yo muri 2018, Dr. Mukwege na Matata Ponyo wigeze kuba Minisitiri w’Intebe wa RDC; bagarutse ku ruhuri rw’ibibazo byugarije Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo; bagaragaza “ubutegetsi budashoboye” bwa Perezida Tshisekedi nka nyirabayazana yabyo.
Bavuze ko ubu butegetsi bwa Tshisekedi ari “umufatanyabikorwa wizewe w’u Rwanda na Uganda”, ibihugu bavuga ko bigaba ibitero kuri RDC hanyuma bigatwara amabuye y’agaciro yayo mu buryo butemewe n’amategeko.
Ku bwa Fayulu, Denis Mukwege na Matata Ponyo; ngo ibi bibazo biterwa no kuba ubutegetsi bwa Kinshasa buhora bwica itegekonshinga ry’iki gihugu, hanyuma inyungu rusange z’abanye-Congo bukazisimbuza inyungu zihariye zigera ku bantu bamwe.
Ni ibikurura ibyo bise imico mibi irimo ruswa, indonke, irondakoko, icyenewabo; ndetse bikanateza ibibazo birimo guhonyora uburenganzira bwa muntu ndetse no kuvogera ubusugire bwa Congo Kinshasa.
Martin Fayulu bamaganye ikibazo cy’umutekano muke gikomeje kugariza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyane mu gice cy’uburasirazuba bw’iki gihugu.
Bamaganye kandi gahunda ya Tshisekedi yo gusenya ubuyobozi bwa Komisiyo y’amatora muri Congo Kinshasa ndetse n’Itegekonshinga ry’igihugu, nk’amayeri yo kubona uko akomeza kuyobora RDC mu buryo bw’uburiganya.
Mu byo bifuje nk’umuti watuma Congo Kinshasa yigobotora ibibazo byose irimo, harimo “gucu burundu umubano ushingiye kuri Demokarasi n’u Rwanda ndetse ikanafunga imipaka yose iyihuza na rwo.”
Harimo kandi kujyana kure ya Congo Kinshasa imitwe yitwaje intwaro irimo ADF ikomoka muri Uganda na FDLR ikomoka hano mu Rwanda; bigakorwa na Loni.
Ni mu gihe iyi FDLR imaze igihe ikorana n’Ingabo za Congo Kinshasa (FARDC); ibyananemejwe na raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye.


