Impuzamashyaka Front Commun Pour le Congo (FCC) ya Joseph Kabila wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahamagariye abanye-Congo guhuza imbaraga bagashyira iherezo ku butegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi uyoboye igihugu.
Ni ubutumwa FCC yatanze mu itangazo yageneye abanye-Congo kuri uyu wa Kane tariki ya 21 Ukuboza 2023.
Ni nyuma y’amatora yabaye ku wa Gatatu tariki ya 20 Ukuboza.
Ni amatora FCC yanenze imigendekere yawo, yikoma by’umwihariko Perezida Félix Tshisekedi kuba ari nyirabayazana y'”imvururu zishingiye ku matora” zikomeje kuba muri RDC.
Iyi mpuzamashyaka yavuze ibi mu gihe hari abanyapolitiki batanu biyamamarije kuyobora RDC basabye ko ariya matora yaseswa agategurwa bundi bushya, nyuma yo kugaragaza ko yaranzwe n’inenge nyinshi.
FCC ku ruhande rwayo yavuze ko igihe kigeze abanye-Congo bakunga ubumwe, mu rwego rwo gushyira iherezo ku butegetsi yise ubw’igitugu buyoboye RDC.
Iti: “FCC irahamagarira abanye-Congo gufata inshingano, hanyuma mu gushyira mu bikorwa ibiteganywa n’itegekonshinga bakunga ubumwe nk’umuntu umwe, mu rwego rwo gushyira iherezo kuri ubu butegetsi bw’igihugu bukoresha nabi ubushobozi bwahawe n’abaturage mu kwica itegekonshinga n’amategeko ya Repubulika.”
FCC by’umwihariko yanenze umuryango mpuzamahanga ku kuba ukomeje kuruca ukarumira ntugire icyo uvuga ku biri kubera muri RDC.


