Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 30 Kanama 2025, mu Nteko Rusange Isanzwe y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) yabereye muri Serena Hotel, habereye amatora y’ubuyobozi bushya buzayobora imyaka ine iri imbere.
Shema Fabrice, wahoze ayobora AS Kigali kandi akaba yari umukandida rukumbi wemerewe guhatana ku mwanya wa Perezida, yatorewe kuyobora FERWAFA asimbura Munyantwali Alphonse. Mu banyamuryango 53 bitabiriye Inteko Rusange, 51 bamuhaye amajwi naho 2 bifata.
Komite nshya izakorana na we igizwe na:
Mugisha Richard – Visi Perezida wa Mbere
Me Gasarabwe Claudine – Visi Perezida wa Kabiri
Nshuti Thierry – Komiseri ushinzwe Imari
Niyitanga Désiré – Komiseri ushinzwe Amarushanwa
Gicanda Nikita – Komiseri ushinzwe Umupira w’Abagore
Me Ndengeyingoma Louise – Komiseri ushinzwe Amategeko
Lt Col Mutsinzi Hubert – Komiseri ushinzwe Ubuvuzi
Hakizimana Louis – Komiseri ushinzwe Imisifurire
Shema Fabrice yasimbuye Munyantwali Alphonse wari watorewe kuyobora FERWAFA mu kwezi kwa Kamena 2023, nyuma y’uko Komite Nyobozi yari iyobowe na Nizeyimana Olivier isezwe kuko benshi mu bari bayigize beguye.


