FIFA yahembye Messi nk’umukinnyi wahize abandi muri 2023

Lionel Messi ni we wegukanye igihembo cya FIFA cy’umukinnyi wahize abandi mu mwaka ushize wa 2023, ahigitse Erling Haaland na Kylian Mbappé bari bagihataniye.

Ni ku ncuro ya munani FIFA yatangaga biriya bihembo nyuma yo kubitanga bwa mbere muri 2016.

Messi usanzwe akinira LA Galaxy, nyuma yo kwegukana igihembo cy’umukinnyi mwiza wa FIFA cy’uyu mwaka yahise aba umukinnyi wa mbere ukina muri shampiyona ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika (MLS) ubashije kugitwara.

Uyu munya-Argentine kandi yatwaraga igihembo cya gatatu, aba umukinnyi wa mbere utwaye byinshi nyuma yo guhigika Cristiano Ronaldo banganyaga bibiri.

Lionel Messi na Haaland bombi banganyaga amajwi 48, gusa Messi amutsinda hagendewe ku kuba yaratowe n’umubare munini wa ba Kapiteni b’amakipe y’ibihugu.

Usibye Messi wongeye kiriya gihembo kuri Ballon d’Or yatwaye mu mwaka ushize, abandi bahembwe harimo umunya-Espagnekazi Aitana Bonmati yahembwe nk’umukinnyi mwiza w’umugore kurusha abandi.

Bonmati watwaranye Igikombe cy’Isi na Espagne ndetse n’ibikombe birimo UEFA Champions league yatwaranye na FC Barcelona asanzwe akinira, mu mwaka ushize ni we watwaye Ballon d’Or nyuma yo guhigika abandi bagore bagenzi be.

Umutoza w’umwaka mu bagabo yabaye Pep Guardiola nyuma yo gufasha Manchester City gutwara ibikombe birimo UEFA Champions League na Premier league, mu gihe mu bagore yabaye Sarina Petronella Wiegman utoza ikipe y’Igihugu y’Abongereza.

Ni mu gihe umunyezamu w’umwaka yabaye Ederson Moraes wa Manchester City.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *