Umurundikazi wegukanye amarushanwa mpuzamahanga menshi yo kwiruka arasaba komite ishinzwe imikino mu Burundi, CNO (Commitée Nationale Olympique) kwegura bwangu kuko ngo nta neza bifuriza siporo yo muri iki gihugu.

Uyu mukobwa tariki ya 19 Mata 2023 yatangaje ko mu gihe irushanwa rya Paris 2024 ryegereje, abagize komite ya CNO bo ntacyo bari gufasha abakinnyi mu myiteguro.

Yagize ati: “Abayobora imikino bamwe na bamwe nta rukundo bafitiye iterambere ry’imikino mu gihugu cyacu. Paris 2024 irimo kwegereza, CNO du Burundi bo n’ubu ntacyo bibabwiye mu gutegura.”

Kuri uyu wa 4 Gicurasi, uyu Murundikazi uvuzwi nka ‘Fara’ yanditse ubundi butumwa, noneho asaba komite ya CNO kwegura. Yagize ati: “Abayoboye CNO bakwiye kwegura vuba. Ibyo bagezeho birashimishije, ibyo batagezeho abandi bazabikomeza.”

Niyonsaba yatangaje ko abagize CNO bakomeje kumuca intege. Ati: “Bakomeze kundenganya, abo mpagarariye bakamfasha, akaba ari bo banca intege mu kwandika n’ibinyoma bitagira izina. Ibi bihagarare muri siporo y’u Burundi. Nsabwa gukomeza guhagarira igihugu cyane neza.”

Uyu Murundikazi yahawe izina ry’icyubahiro cya Ambasaderi kubera ibigwi afite mu marushanwa mpuzamahanga yo kwiruka. Abarimo Perezida Evariste Ndayishimiye n’umufasha we, Angeline, bamufata nk’umutungo ukomeye w’u Burundi.

Bivugwa ko atacyemerewe guhagararira u Burundi mu marushanwa mpuzamahanga kubera ko ngo afite imyakura y’abagabo. Aya makuru yemeza ko ari ikinyoma cyahimbwe na CNO.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *