Impanuka ikomeye ahagana saa moya z’umugoroba yabereye ahazwi nka Zindiro mu Murenge wa Bumbogo mu Mujyi wa Kigali, aho ikamyo yo mu bwoko bwa Fuso yacitse feri igonga abantu n’inzu z’ubucuruzi.
Ntiharamenyekana umubare w’abitabye Imana n’abakomeretse. BWIZA yabonye inzego z’umutekano zirimo polisi zageze ahabereye iyi mpanuka. Iyi mpanuka ibaye nyuma y’indi yahitanye babiri Kicukiro Centre. Inkuru turacyayikurikirana ..


