hq720

Gahunda z’ibanga z’igisirikare cya Amerika zashyizwe ku karubanda mu kiganiro mu itsinda

Kuri uyu wa Mbere, itariki 24 Werurwe 2025, White House yemeje ko abayobozi mu buyobozi bwa Trump, batabigizemo uruhare, bashyize umunyamakuru mu kiganiro cy’itsinda  ku byerekeye gahunda z’Ingabo za Amerika.

Ikiganiro kuri porogaramu yo kohererezanya ubutumwa ku bijyanye n’ibitero bya gisirikare biri imbere bivugwa ko cyari kirimo abantu benshi bagize Guverinoma ya Perezida Donald Trump, barimo Visi Perezida, JD Vance, na Minisitiri w’Ingabo, Pete Hegseth.

Kuri uyu wa Mbere, umwanditsi w’ikinyamakuru The Atlantic, Jeffrey Goldberg, yasohoye inkuru aho yavuze ko yabanje gutekereza ko atari ukuri.

Yanditse ati: “Nagize gushidikanyaga cyane ko iri tsinda ryo kwandikirana ryari ukuri, kubera ko ntashoboraga kwizera ko ubuyobozi bushinzwe umutekano mu gihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwavugana kuri Signal kuri gahunda z’intambara ziri hafi.”

Umunyamakuru yari azi, amasaha mbere y’uko igitero gikabwa, kizagabwa

Goldberg yari mu biganiro by’itsinda ahaganirirwaga gahunda yo kugaba ibitero ku nyeshyamba z’Aba-Houthi zo mu gihugu cya Yemeni.

Ku itariki ya 15 Werurwe, nibwo Leta Zunze Ubumwe za Amerika zateye ibirindiro by’izi nyeshyamba muri Yemeni.

Goldberg yanditse ko yari yabimenye amasaha menshi mbere mu kiganiro cy’iryo tsinda. Yari akibwira ko itsinda ry’ibiganiro ari irimbano, ariko igihe havugwaga ko ibitero bya Amerika kuri Yemeni byabaye, yamenye ko ari ukuri.

Yanditse ati: “Maze kubitahura, ibyasaga nk’aho bidashoboka amasaha make gusa mbere, nikuye mu itsinda njyewe ubwanjye.”

Ku wa Mbere, Umuvugizi w’Inama y’igihugu y’umutekano, Brian Hughes, yatangarije Ibiro Ntaramakuru AFP ati: “Ubutumwa bwavuzwe busa nkaho ari ukuri, kandi turimo gusuzuma uburyo umubare utarabishakaga wongerewemo.”

Umujinya mu badepite b’Abademokarate

Abajijwe ku kuba abagize guverinoma ye barakoresheje Signal kugira ngo baganire kuri gahunda za gisirikare, Trump yagize ati: “Ntacyo mbiziho.”

Nyuma, umunyamabanga ushinzwe itangazamakuru muri White House, Karoline Leavitt, yagize ati: “Perezida Trump akomeje kugirira icyizere cyinshi ikipe ye y’umutekano y’igihugu, harimo n’umujyanama mu by’umutekano mu gihugu, Mike Waltz,” bisa nk’aho ari we wongereye Goldberg mu kiganiro.

Abadepite bo mu ishyaka ry’Abademokarate basabye ko hafatwa ingamba.

Umwe mu badepite b’Abademokarate bakuru, Hakeem Jeffries, avuga ko inteko ishinga amategeko igomba gukora iperereza kugira ngo yumve ibyabaye kandi ikumire uku gushyira amabanga ya gisirikare ku karubanda ngo bitazongera kubaho ukundi.”

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *