Inzego z’umutekano za Gambia zataye muri yombi abasirikare babiri bakuru bakekwaho kuba baragize uruhare mu gushaka guhirika ubutegetsi bwa Perezida Adama Barrow mu cyumweru gishize .
Aba bombi batavuzwe amazina, batawe muri yombi mu mpera z’icyumweru gishize nk’uko iyi nkuru dukesha Africanews ivuga.
Ku itariki ya 21 Ukuboza, nibwo Guverinoma ya Gambia yavuze ko yataye muri yombi itsinda ry’abasirikare bakekwaho gushaka guhirika ubutegetsi.
Mu magambo ye, umuvugizi wa guverinoma, Ebrima Sankareh, yagize ati: “Abandi basirikare babiri bafitanye isano n’umugambi wo guhirika ubutegetsi waburijwemo batawe muri yombi mu mpera z’icyumweru gishize kandi barafasha abashinzwe iperereza gutahura umugambi wo guhirika guverinoma.”
Yavuze ko ku wa Gatandatu no ku Cyumweru, S/Lieutenant mu ngabo za Gambia, hamwe na Capitain ukora mu ishami ry’ubutasi bwa gisirikare batawe muri yombi, mu gihe hakomeje gushakishwa abandi bavugwa ko ari bo bacuze umugambi.
Umuryango w’ubukungu w’ibihugu bya Afurika y’Iburengerazuba (ECOWAS), kuri twitter wamaganye uku kugerageza guhirika ubutegetsi n’ibikorwa byose byo guhindura ubutegetsi binyuranyije n’itegeko nshinga mu bihugu bigize umuryango.


