Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwaburanishiirije mu ruhame abagabo babiri bakurikiranweho kwica abagore babo barimo umugabo w’imyaka 25 wishe umugore we amukubise ikibando ndetse n’undi w’imyaka 40 y’amavuko wishe umugore we amubise ishoka. Imanza zombi zaburanishirijwe aho icyaha cyakorewe mu Kagali ka Ramiro, Umurenge wa Gashora, mu Karere ka Bugesera.
Uregwa w’imyaka 25 akurikiranweho kuba mu ijoro ryo ku itariki 02/08/2025 yarishe umugore babanaga batarasezeranye amukubise ikibando mu mutwe. Mu rubanza, imbere y’inteko iburanisha, yahakanye ko yishe umugore we yabigambiriye; avuga ko yabitewe n’uko yasanze ari gusambana, uwo basambanaga akamucika, nyuma agahirika umugore we akagwa ku rugi nk’uko iyi nkuru dukesha Ubushinjacyaha Bukuru ivuga.
Uregwa w’imyaka 40, akurikiranweho kuba ku itariki ya 28/08/2025, ahagana saa sita n’igice z’ amanywa yarishe umugore we amukubise ishoka. Uyu mugabo yabwiye Urukiko ko atemera ko yishe umugore we abigambiriye. Asobanura ko atashakaga kwica umugore we ahubwo batonganye akamukubita ishoka, ariko akaba atibuka ibyakurikiyeho kuko yari yasinze.
Nyuma yo kumva ikirego cy’Ubushinjacyaha n’ibisobanuro abaregwa batanze, Urukiko rwapfundikiye iburanisha, rutangaza ko imanza zombi zizasomerwa mu ruhame ku itariki ya 21/10/2025.
Icyaha cy’ubwicanyi bakurikiranyweho giteganywa kandi kigahanishwa ingingo ya 107 n°68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange. Nikibahama, bazahanishwa igihano cy’igifungo cya burundu.


