Gen. Kainerugaba yishyuye ideni ryose ikipe ya Uganda yari irimo hoteli mu Rwanda

Umugaba w’ingabo za Uganda zirwanira ku butaka akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba yishyuye ideni ryose ikipe y’igihugu ya Basketball (The Silverbacks) yari irimo hoteli mu Rwanda.

Ni nyuma y’aho bimenyekanye ko iyi kipe yitabiraga irushanwa rya AfroBasket mu Rwanda, yangiwe gusohoka muri hoteli ya Park Inn kubera iri deni ryo kuyicumbikira yananiwe kwishyura.

Iyi kipe yagaragaje iki kibazo mu cyumweru gishize, yitabaza Leta ya Uganda kugira ngo iyifashe kwishyura iri deni bitewe n’uko yo ifite ikibazo cy’amikoro, iyimenyesha ko nibidakorwa, itazemererwa kuva muri iyi hoteli ngo itahe.

Ishyirahamwe rya Basketball muri Uganda, FUBA, ryemereje aya makuru ku rubuga rwa Twitter mu butumwa bwashimiraga uyu musirikare. Ryagize riti: “The Silverbacks irashimira Gen. Muhozi Kainerugaba warokoye ikipe y’igihugu ya Basketball i Kigali. Gen. Muhoozi Kainerugaba yishyuye amafaranga yose ya hoteli, ubwe yashatse ko tuva i Kigali nta deni.”

FUBA yakomeje isobanura ko amafaranga Gen. Muhoozi yishuye ari miliyoni 188 z’amashilingi ya Uganda.

Iyi kipe yasezerewe muri AfroBasket n’iya Cape Verde yayitsinze amanota 79 kuri 71 kuri uyu wa 2 Nzeri 2021. Byari biteganyijwe ko isubira muri Uganda uyu munsi.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *