Gen. Kayihura yasabye akazi k’ubwavoka

Gen. Kale Kayihura, umusirikare wabaye Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Uganda yasabye akanama k’igihugu gashinzwe abanyamategeko kumugira uwunganira abaregwa mu nkiko w’umwuga uzwi nk’Umwavoka.

Nk’uko Nile Post yabitangaje, Gen. Kayihura ari ku rutonde rw’abanyamategeko 20 baherutse gusaba aka kanama gushyirwa ku rutonde rw’abemerewe gukora aka kazi mu buryo bw’umwuga.

Iki kinyamakuru kandi kivuga ko aka kanama kakoze inama tariki ya 10 Ugushyingo 2021, kemeza ubusabe bwa Gen. Kayihura.

Gen. Kayihura w’imyaka 65 y’amavuko afite impamyabumenyi y’icyiciro gihanitse cya kaminuza (Masters) mu by’amategeko yakuye muri London School of Economics and Political Science mu 1982. Iy’icya kabiri yayikuye muri Makerere University.

Kuva yirukanwa ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru wa Polisi mu 2018, ubu nta kazi afite ndetse n’ibye ntibirasobanuka kuko aracyakurikiranwa n’urukiko rw’igisirikare ku byaha birimo kugira uruhare mu ishimuta ry’abantu.

Mu gihe agikurikiranwe adafunzwe kubera ko yatanze ingwate, abatuye ku ivuko iwabo mu Karere ka Kisoro muri Mutarama 2021 basabye Perezida Yoweri Museveni kumubabarira, na we abasezeranya ko azabivuganaho n’urukiko.

Mu gihe urukiko rutaratangaza niba rwarahagaritse gukurikirana uyu musirikare, umuhungu wa Perezida Museveni usanzwe ari Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba aherutse gusaba ko nk’umukada wakoreye igihugu kuva kera, akwiye kubabarirwa, akagororwa.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *