Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yibasiye Maj. Gen (Rtd) Mugisha muntu na we wigeze gukora ziriya nshingano amwita “ikigwari”.
Maj. Gen Gregory Mugisha Muntuyera, yabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda hagati ya 1989 na 1998.
Gen. Muhoozi yamwibasiye nyuma yo gusaba se Perezida Yoweri Kaguta Museveni kugira icyo akora ku myitwarire ye.
Ni nyuma na none y’ubutumwa Gen. Muhoozi Kainerugaba yanditse ku rubuga rwe rwa X mu minsi ishize, yigamba gutoteza no kwica urubozo Eddie Mutwe ukuriye abacungira umutekano umunyapolitiki Robert Kyagulanyi ‘Bobi Wine’ utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Museveni.
Gen. Muntu avuga kuri ubwo butumwa bwari buherekeje ifoto ya Eddie Mutwe Muhoozi yashyize ku karubanda, yagize ati: “ku Umugaba w’Ikirenga [wa UPDF] Gen. YK Museveni. Ndakwinginze ngo uyoborwe n’inyigisho zawe bwite…ku bijyanye n’uburangare bw’ingabo z’ahahise (UA, UNLA), ingaruka z’ibikorwa byazo no kudahana. Uri Umugaba w’Ikirenga. Kuri ubu ikibazo kiri iwawe. Gira icyo ukora, nta rirarenga.”
Muhoozi mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa, yabwiye Mugisha Muntu ko ikosa Museveni yakoze ari ukuba yarigeze kumugira Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, kuko ari ikigwari.
Ati: “Wamye uri ikigwari ndetse n’ikimara Greg! Ikosa rikomeye kurusha andi twakoze ni ukukugira umukuru w’Igisirikare.”
Maj Gen Mugisha Muntu nyuma yo gusezererwa muri UPDF, kuri ubu ari mu banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Museveni.
Mu matora y’Umukuru w’Igihugu yo muri 2021, Muntu ari mu bari bahatanye na Perezida Museveni ariko birangira batsinzwe na we.


