Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yateguje umunyapolitiki Robert Ssentamu Kyagulanyi utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa se Yoweri Kaguta Museveni ko azamuta muri yombi akamwogosha.
Uyu Jenerali yabiteguje Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, nyuma y’uko Eddie Mutwe usanzwe akuriye abarinzi be atawe muri yombi n’inzego z’umutekano za Uganda.
Bobi Wine mu butumwa amaze igihe anyuza ku rubuga rwe rwa X, avuga ko Mutwe yatawe muri yombi n’abasirikare bo mu mutwe w’ingabo zidasanzwe za Uganda uzwi nka SFC.
Gen Muhoozi yifashishije ruriya rubuga, ku wa Kane tariki ya 1 Mata yigambye ko ari we ufite Eddie Mutwe, anateguza Bobi Wine ko ari we ugomba gukurikiraho.
Yasubije Kyagulanyi ati: “[Eddie Mutwe] Ari mu ndake yanjye, ari kwiga urunyankole. Ni wowe ukurikiraho.”
Gen Muhoozi mu ruhererekane rw’ubutumwa yanditse kuri X, yavuze ko Eddie Mutwe yitaweho n’abasirikare ba SFC bikarangira acyeye.
Ati: “Eddie Mutwe kuri ubu umutwe we urasa n’igi. Aracyeye cyane.”
Ifoto uyu musirikare yashyize ku rubuga rwe rwa X yerekana l Mutwe mu busanzwe ugira ubwanwa bwinshi yabwogoshwe ndetse n’umusatsi we wose.
Muhoozi kandi yateguje Bobi Wine ko niyongera kugira umuntu wo mu muryango we atuka azashyira ubuzima bw’uriya murinzi we mu kaga.
Kyagulanyi mu butumwa yanditse kuri uyu wa Gatanu, yahamagaje igisa n’imyigaragambyo yo kwamagana “itotezwa no kwamburwa ubumuntu” Eddie Mutwe akomeje gukorerwa n'”umuhungu wa Museveni yirata kumwigisha urunyankole.”
Muhoozi yahise amusubiza ko na we agomba gufatwa, ndetse akazakorerwa iyicarubozo rirenze iryo yakorewe muri 2018, ubwo inzego z’umutekano za Uganda zamuhushaga zikarasira mu cyico uwari umushoferi we mu karere ka Arua.
Ati: “Ni wowe ukurikiraho Kabobi. Uribuka Arua? [Uribuka] uko waririraga Barbie [Kyagulanyi] (umugore we) ngo agutabare? Kuri iyi nshuro nzaguca ubugabo.”
Yunzemo ati: “Kabobi azacya nimwogosha umusatsi nkamuhamagara rukurutu.”
Eddie Mutwe yatawe muri yombi nyuma y’igihe Gen. Muhoozi yihanangiriza abayoboke b’ishyaka NUP rya Bobi Wine abasaba kureka kwambara imyambaro isa n’aho ihuriye n’Igisirikare no kureka imyitwarire iyo ari yo yose ya gisirikare.
Uyu musirikare yongeye kuburira umutwe wa ririya shyaka wiyita ‘Foot Soldiers’ gusenyuka cyangwa abawugize bagahura n’ingaruka zikomeye, ngo kuko niba uwo bita ‘Komanda’ wabo yatawe muri yombi nk’isenene bo bazabona ibirenze ibyo.


