20250813_213024 (1)

Gen. Muhoozi yongeye guca amarenga y’uko UPDF ishobora kwinjira mu ntambara ya FARDC na M23

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yongeye guca amarenga y’uko mu gihe intambara yeruye izaba yongeye kubura hagati y’umutwe wa M23 n’Ingabo za Leta ya RDC ingabo ayoboye zishobora kuyinjiramo.

Uyu musirikare yabitangaje mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X kuri uyu wa Gatatu tariki ya 13 Kanama 2025.

Yagize ati: “Mu gihe intambara yaba yongeye kubura mu burasirazuba bwa RDC, ntituzigera dushidikanya umunota n’umwe kurinda inyungu zacu nk’igihugu. Kutagira uruhare kw’akarere (ndavuga EAC) mu biganiro bya Doha byabaye ikosa.”

Gen. Kainerugaba yatangaje ibi, mu gihe umwuka mubi ukomeje gututumba hagati ya M23 n’Ingabo za Leta ya RDC, ku buryo hari ubwoba bw’uko intambara y’impande zombi ishobora kongera kubura nyuma yo kunanirwa kubahiriza ibikubiye mu mahame aganisha ku guhagarika intambara yasinyiwe i Doha muri Qatar mu kwezi gushize.

M23 imaze iminsi itanga impuruza y’uko Ingabo za Leta ziri koherezwa mu bice bitandukanye, mbere yo gutangira kuyigabaho ibitero.

Uyu mutwe kandi uvuga ko ihuriro ry’Ingabo za Leta zimaze iminsi zigaba ibitero “mu duce dutuwe cyane n’abaturage b’abasivile”.

FARDC ku wa Kabiri yo yashinje M23 kuba imaze iminsi igaba ibitero ku birindiro byayo muri Kivu zombi; ndetse no “gukorera ubwicanyi abaturage biganjemo Abahutu”.

Ni ibirego bikomeje guhurirana n’imirwano kuva mu cyumweru gishize yafashe intera mu duce twiganjemo utwo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Si ubwa mbere Muhoozi aca amarenga y’uko Ingabo za Uganda zishobora kwinjira muri iriya ntambara.

Muri Kamena uyu mwaka yatangaje ko mu gihe imirwano ya M23 na FARDC izaba igeze mu mujyi wa Uvira wo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, UPDF itazazuyaza kwagura ibice ikoreramo ibikorwa byayo; ashimangira ko ifite ingabo zihagije zo kubikora.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *