Lieutenant-General Luboya N’Kashama Johnny watangiye kuyobora intara ya Ituri mu bihe bidasanzwe, yihanangirije mu buryo bukomeye imitwe yitwaje intwaro ikorerayo, ayimenyesha ko atazashingurayo ikirenge itaracika burundu.
Uyu musirikare yabitangaje kuri uyu wa 10 Gicurasi 2021 ubwo yageraga mu mujyi wa Bunia avuye i Kinshasa, kugira ngo atangire izi nshingano yahawe n’Umukuru w’Igihugu, Perezida Félix Tshisekedi.
Gen. N’Kashama nk’uko tubikesha Politico, yavuze ko hari abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro bahimbye amayeri yo kubika intwaro zabo, bakazongera kuzifata mu gihe avuye kuri ubu buyobozi biteganyijwe ko buzamara iminsi 30, asubiye Kinshasa.
Aba yabamenyesheje ko bibeshya, ko icyamujyanyeyo muri Ituri ari ukugira ngo akemure ikibazo cy’umutekano w’abaturage umaze igihe kirekire uhungabanywa n’iyi mitwe yitwaje intwaro, mu gihe kitarakemuka “ntaho azajya”.
Yagize ati: “Mbere yo kuva i Kinshasa, nari mfite amakuru menshi. Hari abavuga ngo ‘tugiye guhisha intwaro zacu, tuzongere kuzifata nyuma y’ukwezi kumwe asubiyeyo’. Muzongere muzifate maze mwice iki? Intama se?”
Yavuze ko mu mwaka w’2012 yabaga muri Ituri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro, akaba agarutse amahoro ataragaruka. Yumva ko iki kibazo kimaze kurambirana ku buryo gikeneye umuti urambye. Ati: “Mu 2012 nari ndi hano ku bw’impamvu yo gushaka amahoro, ubu ngarutse hashize imyaka 9 na none ku bw’iyi mpamvu. Ntekereza ko abaturage bananiwe, abantu bagomba kubyumva.”
Gen. N’Kashama yaboneyeho gusaba abitwaje intwaro kuzirambika burundu kuko we ngo nta gahunda afite yo gusubira i Kinshasa mu gihe hakiri bose batarazirambika. Ati: “Nimurambike intwaro ubu ngubu. Ntimutekereze ko nzagenda nyuma y’ukwezi mwese mutararambika intwaro. Nzaguma hano. Ndasaba imitwe yitwaje intwaro ko hano iri atari iwayo, igomba kuhava.”
Ituri yashyizwe mu bihe bidasanzwe hamwe na Kivu y’Amajyaruguru guhera tariki ya 6 Gicurasi 2021. Izi ntara zombi ziyobowe n’abasirikare bifatanyije n’abapolisi. Bitezweho kugarura amahoro n’umutekano mu buryo burambye muri iyi minsi 30, mu gihe baba bataragera ku ntego, bashobora gukomeza kuyobora, banayobora ibitero ku mitwe yitwaje intwaro n’ibiganiro bigamije kuyisaba kuzirambika.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


