Gen. ‘Tango Four’ wari Perezida wa AS Vita Club yeguye ku murimo ye

Général Major Gabriel Amisi Kumba uzwi nka “Tango Four” yeguye ku nshingano zo kuba Perezida w’ikipe ya AS Vita Club y’i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yari amaze igihe abereye umuyobozi.

Gen. Tango Four yari amaze imyaka 13 ari Perezida w’iyi kipe. Umuvugizi we, Dr Patrice Nowa, ni we wemeje amakuru y’ubwegure bwe mu gitondo cyo kuri uyu wa kane, mbere y’uko AS Vita Club na yo ibyemeza ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter.

Vita Club yagize iti “Gen. Gabriel Amisi uzwi nka ‘Tango Four’ yeguye ku mirimo ye yo kuba Perezida ushinzwe guhuza ibikorwa bya AS Vita Club. Inshingano yazisigiye inama y’ikirenga y’ubutegetsi. Yahisemo kwegura ku munsi we w’amavuko. Ku bw’ibyo, Isabukuru nziza y’amavuko Gen Gabriel Amisi”.

Gen. Amisi usanzwe ari umufana ukomeye wa AS Vita Club, ubwegure bwe bugomba kwemezwa n’inama nkuru y’ubutegetsi bw’iriya kipe mbere yo gutora Perezida mushya wayo.

Mu gihe bwaba butemewe yakomeza kuyobora iyi kipe ikunzwe kurusha izindi muri Congo Kinshasa.

General Gabriel Amisi yari umuyobozi wa AS Vita Club kuva muri 2007. Mu myaka 13 yari amaze muri iyi kipe, yatwaranye na yo ibikombe bitatu bya shampiyona, anayigeza ku mukino wa nyuma w’amarushanwa Nyafurika incuro ebyiri, harimo uwa CAF Champions league muri 2014 na CAF Confederation Cup muri 2018.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *