Ghana: Batandatu bakatiwe igihano cy’urupfu nyuma yo gushaka guhirika ubutegetsi

Abantu batandatu bakatiwe igihano cy’urupfu nyuma yo kubahamya umugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi muri Ghana mu 2021.

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 24 Mutarama, Abanya-Ghana batandatu, barimo n’abasirikare batatu, bahamwe n’icyaha bakatirwa urwo gupfa bamanitswe kubera uruhare bagize mu mugambi mubisha uvugwa mu myaka itatu ishize wo kugerageza guhirika leta y’igihugu.

Aba bagabo batawe muri yombi mu 2021 ubwo bageragezaga intwaro ahantu hahoze hakorerwa imyitozo yo kurasa i Accra, maze ibiganiro bagiranye kuri telefone byumvirijwe n’inzego z’ubutasi bizigeza ku iduka ry’abacuzi, aho bakuye intwaro zakozwe, nk’uko bigaragara mu nyandiko z’urukiko.

Bose bari bahakanye icyaha mu rubanza. Mu gihe Polisi yabaga yarunze abapolisi bitwaje intwaro nyinshi hanze y’urukiko rukuru mu gihe cy’iburanisha n’ikatirwa nkuko tubikesha AFP.

Urukiko rukuru ariko, rwagize umwere umuyobozi mukuru wa polisi, Benjamin Agordzo, umusirikare mukuru Colonel Samuel Kodzo Gameli, n’undi musirikare muto, Kaporali Seidu Abubakar.

Batandatu, barimo umucuzi w’intwaro n’umukozi w’umusivili w’igisirikare cya Ghana, bashinjwaga umugambi wo kugambanira igihugu mu 2021.

Umushinjacyaha mukuru wa Ghana, Godfred Yeboah Dame wayoboye ubushinjacyaha yashimye ibyavuye mu rubanza.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *