4404511-1519323461.jpg

RDC: Abafite ubwenegihugu bwa Amerika, u Bwongereza, Canada n’u Bubiligi mu baregwa kugerageza coup d’etat

Abaregwa barenga 50, barimo abantu batandatu bafite ubwenegihugu bwa Amerika, u Bwongereza, Canada, cyangwa u Bubiligi, bitabye urukiko rwa gisirikare muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo ku wa Gatanu.

Bakurikiranweho kugira uruhare mu gushaka guhirika ubutegetsi kutagezweho ndetse n’ibindi byaha bikomeye bihanishwa igihano cy’urupfu nk’uko iyi nkuru dukesha Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, ivuga.

Ibyo baregwa bituruka ku byabaye ku wa 19 Gicurasi, ubwo abantu bitwaje intwaro bigaruriraga ibiro bya perezidansi i Kinshasa. Umuyobozi w’iryo tsinda, umunyapolitiki w’Umunyekongo wabaga muri Amerika, Christian Malanga, yishwe n’inzego z’umutekano mu gihe cyo gushaka guhirika ubutegetsi.

4404511-1519323461.jpg

Mu baregwa harimo umuhungu wa Malanga w’imyaka 22, Marcel Malanga, hamwe n’abandi baturage babiri ba Amerika ndetse n’abantu batatu bafite pasiporo z’amahanga, bose bafite inkomoko muri Congo. Umunsi wa mbere w’urubanza wabereye munsi y’ihema mu gikari cya gereza ya gisirikare ya Ndolo mu nkengero za Kinshasa. Abaregwa bambaye imyenda y’ubururu n’umuhondo y’abagororwa, bari bahagaze imbere y’umucamanza igihe urubanza rwatangiraga.

Abaregwa bose uko ari 53 bakurikiranweho ibyaha byinshi, birimo gutunga intwaro mu buryo butemewe n’amategeko, umugambi mubisha, iterabwoba, no gushaka guhungabanya inzego za Leta no guhungabanya ubusugire bw’igihugu. Ibyo birego bihanishwa ibihano bikomeye, birimo igihano cy’urupfu cyangwa igifungo kirekire.

Igihe urubanza rwatangiraga, abaregwa basomewe imyirondoro n’ibirego bashinjwa. Repubulika ya Demokarasi ya Congo iherutse gukuraho igihano cy’urupfu muri Werurwe, ku bantu bazahamwa n’ibyaha by’ubuhemu n’ubutasi mu gihe intambara zikomeje mu burasirazuba.

2024060711068-66632266a2a11d0791af3bd7jpeg.webp

Richard Bondo, umunyamategeko uhagarariye umwe mu mfungwa w’Umunyamerika, Benjamin Zalman-Polun, yashimangiye ko hakiri kare kuganira ku koherezwa mu gihugu cye akaba ari ho aburanishirizwa kandi ashimangira ko umukiriya we ari umwere.

Uko urubanza ruzakomeza, ruzarushaho gukurikiranwa n’amahanga yose, cyane cyane ku banyamahanga bagize uruhare muri iki gikorwa cyo gushaka guhirika ubutegetsi ndetse n’ingaruka zo gukuraho ihagarikwa ry’igihano cy’urupfu.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *