whatsapp_image_2020-04-14_at_14.40.14.jpg

Goma/Bukavu: Abayoboke ba Kamerhe mu myigaragambyo ikomeye batitaye kuri Coronavirus

Mu mijyi ya Goma na Bukavu muri Kivu zombi, mu burasirazuba bwa Congo, kuri uyu wa Kabiri, itariki 14 Mata hadutse imyigaragambyo y’abayoboke b’ishyaka rya UNC basabaga gufungura byihuse umuyobozi wabo, Vital Kamerhe, kuri ubu ufunze arimo gukorwaho iperereza ku ikoreshwa ry’amafaranga yari agenewe “Gahunda y’Iminsi 100” ya Perezida Felix Tshisekedi yo guhangana n’icyorezo cya Covid-19.

Abayoboke b’iri shyaka rya Kamerhe babarirwa muri magana kuri uyu wa Kabiri bazindukiye mu mihanda yo mu Mujyi wa Goma, Umurwa Mukuru wa Kivu y’Amajyaruguru, basaba ifungurwa rya Vital Kamerhe, wari umuyobozi ushinzwe abakozi muri perezidansi, umaze iminsi afungiwe muri Gereza Nkuru ya Makala, i Kinshasa, mu gihe hakomeje iperereza ku byaha akekwaho byo kunyereza amafaranga ya Gahunda y’Iminsi 100 yo guhangana na Coronavirus.

Bikaba bitangaje kubona muri iki gihe Isi yugarijwe n’icyorezo cya Coronavirus cyageze no muri iyi mijyi, abantu batinyuka guhurira mu gikorwa nka kiriya gihuriramo abantu benshi kandi baba begeranye ku buryo haba hari ibyago byinshi byo kwanduzanya.

whatsapp_image_2020-04-14_at_14.40.14.jpg

Aba bagiye bashinga za bariyeri ku muhanda uva i Goma ujya i Sake, mbere yo gutatanywa n’abapolisi bitabaje ibyuka biryana mu maso mu gihe aba baturage bigaragambya bo bavuga ko badateganya guhagarika igikorwa batangiye nk’uko iyi nkuru dukesha 7sur7.cd ikomeza ivuga.

Guillaume Balume, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa UNC ushinzwe ubutabera muri Goma ati : “Ni agasuzuguro gakabije ku muntu ukomeye muri leta nka Kamerhe, none ku rwego rwa UNC, ntidushobora kwemera iriya mikino kuko ikiyongereyeho afite inshingano, ni umubyeyi w’umuryango, ni umubyeyi w’ishyaka rikomeye rya politiki muri iki gihugu”.

Yakomeje agira ati: “Tugiye kwigaragambya nta kurambirwa kugeza ubwo azarekurwa kuko kuriya gufungwa ni ukwa politiki kurusha ubucamanza.”
Mu Mujyi wa Bukavu, ho abantu 30 batawe muri yombi n’igipolisi muri iyo myigaragambyo yo gushyigikira Kamerhe no gusaba ko yafungurwa.

Éric Mutembezi, Visi Perezida w’urubyiruko rw’ishyaka UNC muri Kivu y’Amajyepfo. Yasabye ko abayoboke b’iri shyaka bakora imyigaragambyo mu mutuzo, ndetse buri wese yirinze coronavirus yambara agapfukamunwa.

whatsapp_image_2020-04-14_at_14.35.44.jpg

Uyu yahamagariye Perezida Tshisekedi kubigiramo uruhare umwunganizi we muri politiki, Vital Kamerhe, agafungurwa, bitaba ibyo bakaza gufata iyi dosiye nk’akagambane muri politiki.

Twibutse ko ishyaka UNC rya Vital Kamerhe ari ryo mu yandi akomeye ataravugaga rumwe n’ubutegetsi bwa Kabila, ryafatanyije na UDPS rya Tshisekedi mu matora yo mu mpera za 2018, ndetse akagera ku ntsinzi yagejeje Tshisekedi ku butegetsi agahita agira Vital Kamerhe umuyobozi muri Perezidansi.

Ushobora kwibaza rero ukuntu aba baturage bo muri Goma na Bukavu batinyuka kujya mu myigaragambyo muri iki gihe icyorezo cya Covid-19 gikomeje gukwirakwira hirya no nino ku Isi kandi bumwe mu buryo bwo kukirinda bukaba ari ukwirinda kwegerana.

Muri rusange muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo hamaze kugaragara abantu 235 banduye Covid-19, 20 bamaze gupfa, mu gihe 17 bakize. Muri Bukavu iki cyorezo kimaze gufata abantu babiri.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *