Ubushakashatsi bwasohotse mu kinyamakuru cy’ubuvuzi cya Lancet, bwerekana ko icyemezo cya Donald Trump cyo kugabanya inkunga nyinshi za Amerika mu nkunga z’ubutabazi zigenewe amahanga zishobora kuzateza impfu zirenga miliyoni 14 mu 2030.
Ubushakashatsi bwerekanye ko kimwe cya gatatu cy’abafite ibyago byo gupfa imburagihe ari abana. Muri Werurwe, Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Marco Rubio, yatangaje ko ubuyobozi bwa Perezida Trump bwahagaritse gahunda zirenga 80% muri gahunda zose z’ikigo cya Amerika gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga, cyangwa USAID.
Mu magambo ye, Davide Rasella, wanditse raporo ya Lancet, yagize ati: “Ku bihugu byinshi bikennye kandi biciriritse, ihungabana ryabyo ryagereranywa n’icyorezo ku Isi cyangwa intambara ikomeye y’intwaro.”
Rasella, umushakashatsi muri Kaminuza y’Ubuvuzi izwi nka Barcelona Institute for Global Health, yongeyeho ko guhagarika inkunga bishobora kugira ingaruka zitunguranye cyangwa gusubiza inyuma
Iyi raporo ije mu gihe abayobozi benshi ku Isi bahurira mu Mujyi wa Seville muri Espagne muri iki cyumweru mu nama ku mfashanyo iyobowe n’Umuryango w’Abibumbye, ikaba ari yo nini ibaye mu myaka icumi ishize.
Iyo usubije amaso inyuma ukareba amakuru yaturutse mu bihugu 133 nk’uko bitangazwa na BBC, itsinda ry’abashakashatsi ryagereranije ko inkunga ya USAID yakumiriye impfu miliyoni 91 mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere hagati ya 2001 na 2021.
Kugabanuka gushobora gutuma abantu barenga miliyoni 14 bashobora guhitanwa n’impfu mu 2030, nk’uko byavuzwe. Muri uwo mubare harimo abana barenga miliyoni 4.5 bari munsi y’imyaka itanu, cyangwa abana 700.000 bapfa ku mwaka.


