Muri Guinea, nyuma y’icyumweru kimwe atawe muri yombi, Gen Sadiba Koulibaly wahoze ari nimero ya 2 mu bahiritse ubutegetsi akaba n’uwahoze ari umugaba mukuru w’ingabo, yashinjwe guta akazi, harimo no guta umwanya we mu mahanga. Yari chargé d’affaires muri Ambasade ya Guinea muri Cuba kuva mu 2023. Yaburanishijwe ku wa Gatanu tariki ya 14 Kamena n’urukiko rwa gisirikare maze akatirwa igifungo cy’imyaka itanu. Ubwunganizi bwe bwamaganye ibyakozwe .
Ku itariki ya 4 Kamena Sadiba Koulibaly yatawe muri yombi hamwe na batandatu bamurindaga. Impamvu: urugendo rutemejwe n’abamukuriye. We yemeza ko yasubiye muri Guinea gusaba umushahara w’abakozi ba ambasade muri Cuba.
Urukiko rwa gisirikare amaherezo rwamukatiye igifungo cy’imyaka itanu kubera “guta akazi no gutunga intwaro mu buryo butemewe”. Ni kimwe cya kabiri cy’igihano cyasabwe n’ubushinjacyaha nkuko tubikesha RFI.
Urubanza rwasobanuwe nk ‘”Uruhimbano, rugenzurirwa kure kandi ruteye isoni” na Me Lanciné Diabaté, umwe mu bunganira General Sadiba Koulibaly.
Me Christophe Labilé Koné wo mu muryango utegamiye kuri Leta w’Abavoka batagira umupaka abona ko iki cyemezo cy’urukiko “cyihuse kandi cyaje imburagihe”.
Akimara guhamwa n’icyaha, Sadiba Koulibaly yamanuwe ku ntera ya koloneli mbere yo kuvanwa mu gisirikare cya Guinea kubera “kugerageza guhungabanya umutekano w’igihugu, imyitwarire mibi, no gutoroka akazi”.
Dukurikije iteka ry’umukuru w’igihugu ryasohowe ku wa Gatanu nimugoroba, abandi ba ofisiye na suzofisiye bagera kuri mirongo ine, cyane cyane abajandarume n’abasirikare, na bo birukanwe kubera gutoroka akazi.


