Perezida w’inzibacyuho wa Guinée-Conakry, Col Mamady Doumbouya, yashyizeho umusivile witwa Mohamed Beavogui nka Minisitiri w’Intebe wa Guverinoma y’inzibacyuho ya kiriya gihugu.
Beavogui w’imyaka 68 y’amavuko, ni impuguke mu icungamari ryo mu rwego rw’ubuhinzi yakoze igihe kirekire mu muryango w’Abibumbye.
AFP ivuga ko afitanye isano na Diallo Telli, umudipolomate wa mbere wa Guinée-Conakry wabaye Umunyamabanga Mukuru w’icyitwaga Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika (OUA).
Uyu mugabo yagizwe Minisitiri w’Intebe wa Guinée nyuma y’icyumweru kimwe Col Doumbouya arahiriye kuba Perezida w’inzibacyuho wa kiriya gihugu.
Inshingano ze zizaba ari izo guhuza ibikorwa bya Guverinoma y’inzibacyuho no gushyira mu bikorwa gahunda y’iyo Guverinoma yo kongera gushyiraho Guverinoma y’Abasivile.
Col Doumbouya na bagenzi be bafatanyije kuyobora Guinée-Conakry bavuga ko bateganya gutegura amatora anyuze mu mucyo no mu bwisanzure, gusa ntihazwi igihe ayo matora azabera.
Ni nyuma yo guhirika ku butegetsi Perezida Alpha Condé wari umaze igihe atorewe manda ya Gatatu yo kuyobora Guinée, nyuma yo guhindura itegekonshinga mu buryo butavuzweho rumwe.


