Guverinoma yose ya Repubulika ya demukarasi ya Congo iyobowe na Minisitiri w’Intebe, Michel Sama Lukonde, irasabirwa guseswa izira Bunagana yafashwe n’umutwe witwaje intwaro wa M23 tariki ya 13 Kamena 2022.
Sosiyete sivile yo mu mujyi wa Goma iyobowe na Marrion Ngavho isobanura ko kuva M23 yafata Bunagana icyo gihe, gufata n’ibindi bice byo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru byayoroheye, ifunga imihanda yanyuragamo ibicuruzwa.
Ngavho, nk’uko Radio Okapi ibisobanura, guverinoma ya RDC yagerageje uburyo burimo ubwa dipolomasi n’ubwa gisirikare kugira ngo M23 itsimburwe muri ibi bice, ariko ntacyo byatanze.
Yagize ati: “Ishingiye ku kuba umuhate wa dipolomasi no kugerageza ibitero bya gisirikare ntacyo byatanze, sosiyete sivile n’abatuye mu burasirazuba bwa RDC turasaba: ukwegura kwa guverinoma nkuru kubera ko idashoboye kurinda busugire n’ubwigenge bwa Congo.”
Iyi sosiyete sivile yasabye ko ingabo za RDC zakongera kugaba ibitero kuri M23 no ku mutwe w’iterabwoba wa ADF, ngo kugira ngo urujya n’uruza rwongere rubeho nka mbere.


