Hari abayobozi b’amadini babona kwimakaza ubumwe nko kwivanga muri politiki: Minisitiri Bizimana

Minisitiri ushinzwe ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yatangaje ko hari abayobozi b’amadini n’amatorero badashishikariza abayoboke bayo kwimakaza ubumwe n’ubudaheranwa, bavuga ko byaba ari ukwivanga muri politiki.

Ibi Minisitiri Bizimana yabivuze mu ijambo yagejeje ku bitabiriye ihuriro rya 16 ry’umuryango Unity Club Intwararumuri kuri uyu wa 29 Ukwakira 2023.

Yagize ati: “Bamwe mu bayobozi ntibita ku buryo buhagije bwo kwimakaza umuco w’ubumwe n’ubudaheranwa mu bayoboke babo. Hari n’abibwira ko baba bari gukora ibitabareba cyangwa bakabyita kwivanga muri politiki.”

Minisitiri Bizimana yakomeye asobanura ibiranga amadini ayobowe n’aba bantu. Ati: “Mu madini afite bene abo bayobozi, haboneka ibimenyetso byo kwironda, amacakubiri, kutitabira gahunda za Leta n’ibindi bishobora kubangamira ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda.”

Uyu muyobozi yasabye abayobozi b’aya madini n’amatorero kwisubiraho, kuko na bo barebwa na gahunda y’igihugu yo kwimakaza ubumwe n’ubudaheranwa.

Raporo y’ubushakashatsi bwakozwe ku bumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda mu 2020 yagaragaje ko bwari ku gipimo cya 94.7% bavuye kuri 92.5% mu 2015. Bivuze ko mu 2020 hari abantu 5.3% batibonaga nka bagenzi babo.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *