Intumwa zo mu Burundi zageze mu Rwanda, aho zije gushishikariza impunzi zo muri iki gihugu gutaha.
Ni igikorwa kibera mu Nkambi ya Mahama ndetse no mu Mujyi wa Kigali nk’uko RBA yabitangaje. Ku mupaka wa Nemba izi ntumwa zakiriwe n’abayobozi b’Intara y’Iburasirazuba n’iy’Amajyepfo. Muri Mutarama 2021, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR) ryatangaje ko umubare w’impunzi z’Abarundi zifuza gusubira mu gihugu cyabo wari wakomeje kwiyongera hagereranyijwe n’iminsi yabanje. Icyo gihe wari umaze kugera ku bantu 8 619 bamaze gutaha kuva iyi gahunda yatangira gushyirwa mu bikorwa muri Kanama 2020. Mu bamaze gutaha kandi harimo impunzi 723 zatashye muri Mutarama ziturutse mu nkambi ya Mahama, ibarizwamo impunzi zirenga 60 000, nk’uko byatangajwe na Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’ubutabazi, Minema. Imibare y’abiyandikishije bategereje gutaha ku bushake nayo yari ikomeje kwiyongera, aho yari igeze ku mpunzi 18 000 ivuye ku mpunzi 10 570 bari bamaze kwiyandikisha kugera ku wa 22 Ukuboza 2020. UNHCR yari ifite gahunda yo gucyura impunzi z’Abarundi 8 000 mbere y’uko umwaka ushize urangira, gusa ibi ntibyagezweho kubera ibibazo birimo iby’amikoro ndetse n’ubushobozi bw’u Burundi bwo kwakira uwo mubare munini w’impunzi. Kugeza ubu abantu 58.119 ni bo batuye mu nkambi ya Mahama, 29.052 ni abagabo naho 29.067 ni abagore. Muri bo 38472 ni Abarundi naho 19638 ni abanye-Congo, abaturuka mu bindi bihugu ni icyenda. Hagati aho ariko hari izindi mpunzi z’Abarundi zitaba mu nkambi, zicumbikiwe mu miryango ya benewabo cyane cyane mu Mujyi wa Kigali.


