Nubwo abagabo benshi bashaka kunezeza abagore babo, hari ibintu bakora batekereza ko ari urukundo ariko abagore bakabifata nabi. Inkuru yacu y’uyu munsi iragaragaza ibikorwa 8 bikunze gukorwa n’abagabo, nyamara bigatera agatotsi mu mibanire y’abashakanye.
1. Gukunda mama we bikabije: Umugore ntiyishimira ko umugabo ahora aha umwanya wihariye nyirabukwe, biganatuma yumva ko atitaweho uko bikwiye.
2. Gukunda umupira cyane: Kuba umugabo ahora ajya kurebera umupira mu kabari n’ubwo afite televiziyo iwe, bituma umugore yumva atari ingenzi.
3. Kugona cyane: Ni ikibazo abagore binubira kuko kibabuza gusinzira, kandi gishobora gukemurwa n’abaganga.
4. Kutishimira inshuti z’umugore: Umugabo ubuza umugore we kugira inshuti cyangwa akamugenzura cyane, bitera umwuka mubi mu rugo.
5. Kurangarira abandi bagore: Kuba umugabo arangarira abandi ari kumwe n’umugore we ni ikintu gishobora kumuca intege n’urukundo rukagabanuka.
6. Kudafasha imirimo yo mu rugo: Umugore ntiyishimira umugabo umurekera byose, kuko aba amukeneye nk’umufatanyabikorwa, si nk’umukozi.
7. Gukunda amafaranga kurenza urugo: Umugabo wita ku mafaranga gusa agasuzugura ibyishimo by’urugo (nko gusohokana n’umugore), bituma urukundo rugabanuka.
8. Kudaha umugore umwanya n’impano: Gutekereza ku masabukuru, impano zoroheje n’amagambo meza bikomeza urukundo kurusha amafaranga menshi.


