HRW irifuza ko abasirikare benshi b’u Rwanda n’aba RDC bafatirwa ibihano

Umuryango Human Rights Watch (HRW) uharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu wagaragaje ko wifuza ko ubumwe bw’Uburayi (EU) bufatira ibihano abasirikare bakuru benshi b’u Rwanda n’aba Repubulika ya demukarasi ya Congo, RDC.

Ni ubutumwa bukubiye mu itangazo uyu muryango wasohoye kuri uyu wa 30 Nyakanga 2023, ugaragaza ko wishimira kuba Captain Niregire Jean-Pierre alias Gasasira w’u Rwanda na Colonel Salomon Tokolonga wa RDC bari mu bantu 7 bafatiwe ibihano, bashinjwa kugira uruhare mu guhungabanya umutekano wo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo.

Nka Capt Niragire, EU iravuga ko “ayobora umutwe w’ingabo zidasanzwe z’u Rwanda”, ngo izi zikaba zifatanya n’umutwe witwaje intwaro wa M23, naho Col. Tokolonga we ngo akorana n’imitwe yitwaje intwaro irwanya M23.

HRW yatangaje ko EU ikwiye gufatira ibihano n’abandi basirikare, haba ku ruhande rw’u Rwanda n’urwa RDC bagaragara muri raporo y’akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano.

Yagize iti: “EU ikwiye kwerekana ko izafata ingamba, igafatira ibihano ba komanda bakuru bandi ba RDF bagaragajwe n’abashinzwe iperereza ba UN, mu rwego rwo kwerekana ko gushyigikira abarwanyi b’abagizi ba nabi bigira ikiguzi, hatitawe ku ipeti cyangwa umwanya wose. Kimwe n’uko EU ikwiye kugera ku bakomeye mu gisirikare cya Congo, ikerekeza ku bofisiye bakuru bandi bakorana n’abarwanyi b’abagizi ba nabi.”

Uyu muryango wagarutse ku Rwanda, uvuga ko EU ikwiye kugaragariza abayobozi b’iki gihugu ikibazo ifite kuri Maj. Gen. Alex Kagame kuko ngo , n’ubwo yagizwe umuyobozi w’ingabo ziri muri Mozambique, impuguke za UN zigaragaza ko ari we “wayoboye operasiyo za RDF ku butaka bwa Congo mu 2022”.

Guverinoma y’u Rwanda isanzwe itera utwatsi izi raporo, igasobanura ko zirimo amakuru y’ibinyoma. Muri Mata 2023, ubwo HRW yasabiraga abasirikare barwo ibihano, Umuvugizi w’iyi guverinoma, Yolande Makolo yagize ati: “U Rwanda ntabwo ruzaterwa ubwoba n’izi gahunda zo gutanga amakuru y’ibinyoma no kuyobya abantu ku bijyanye na gahunda iriho igamije kugarura amahoro.”

Guverinoma ya RDC na yo isanzwe ihakana kwifatanya kw’abasirikare ba Leta n’imitwe yitwaje intwaro itandukanye, irimo FDLR na Nyatura, ahubwo igasobanura ko ari amakuru atari ukuri akwirakwizwa na Leta y’u Rwanda.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *