Huye: Umukobwa washinjwaga gusambanya umuhungu w’imyaka 17 yakatiwe imyaka 25 y’igifungo

Urukiko rwisumbuye rwa Huye kuri uyu wa Kabiri, itariki 20 Ukuboza 2022, rwasomye urubanza Ubushinjacyaha bwari bukurikiranyemo umukobwa w‘imyaka 32 icyaha cyo gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 17, rumuhamya icyaha maze rumuhanisha igifungo cy’imyaka 25 .
 
Ubushinjaacyaha Bukuru dukesha iyi nkuru buvuga ko iki cyaha cyabaye mu ijoro ryo ku wa 23 Nzeri 2022 iwe mu rugo, mu Mudugudu wa Runga, Akagari ka Kaburemera, Umurenge wa Ngoma, mu Karere ka Huye, aho nyuma y’aho ababyeyi b’umwana bamushatse bakamubura, mu rukerera bakamusanga aryamanye n’uyu mukobwa .

Mu kwiregura, uregwa yavuze ko yari yamutumyeho ngo aze amusure kubera ko yari arwaye, yahagera bakararana kandi ko bari inshuti.

Urukiko rwamukatiye gufungwa imyaka 25, nk’uko biteganywa mu ngingo ya 4 y’itegeko Nº 69/2019 ryo ku wa 08/11/2019 rihindura Itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *