2025-grammys-nominations-list-1536x864

Ibintu bitanu byitezwe cyane mu ijoro rya Grammy Awards ryo ku Cyumweru

Ijoro rya Grammy Awards ritegerejwe kuri iki Cyumweru rirateganya kugaragaza ibitaramo bikomeye, imyambarire idasanzwe, ibihe by’amarangamutima, ndetse rishobora no kwandika amateka mashya mu muziki ku isi.

Dore ibintu bitanu by’ingenzi abantu bakwiye kwitaho muri iri joro rikomeye rizabera i Los Angeles:

1. Album y’umwaka: Ese amateka mashya arandikwa?

Igikombe cya Album of the Year, gifatwa nk’igihembo gikomeye kurusha ibindi byose bya Grammy, gishobora gutanga amateka mashya muri uyu mwaka.

Mu bahanzi umunani batoranyijwe — Kendrick Lamar, Lady Gaga, Bad Bunny, Sabrina Carpenter, Leon Thomas, Tyler the Creator, Clipse (Pusha T na Malice) na Justin Bieber nta n’umwe urigera utsindira iki gihembo.

Niba Kendrick Lamar atsinze album “GNX”, azaba umuhanzi wa mbere wa rap ku giti cye utsindiye iki gihembo. Mbere ye, Lauryn Hill na OutKast ni bo bonyine bari barabigezeho.

Niba Bad Bunny atsinze abikesheje “Debi Tirar Mas Fotos”, izaba album ya mbere iri mu rurimi rw’Icyesipanyolo itsindiye Album of the Year.

2. Song of the Year: indirimbo z’indimi nyinshi mu rugamba

Mu gihembo cya Song of the Year, indirimbo eshatu ku munani zatoranyijwe ntiziri mu Cyongereza gusa, ikintu gifatwa nk’impinduka ikomeye mu mateka ya Grammy.

Indirimbo “Golden” yo muri filime ya Netflix KPop Demon Hunters, na “APT” ya Rose (Blackpink) afatanyije na Bruno Mars, zikoresha Icyongereza n’Ikinyakoreya. Niba imwe muri zo itsinze, izaba indirimbo ya mbere y’indimi ebyiri itsindiye iki gihembo.

Niba Bad Bunny atsinze abikesheje “DTMF”, izaba indirimbo ya mbere mu Cyesipanyolo itsindiye Song of the Year.

3. Trevor Noah yongeye kuyobora – ku nshuro ya nyuma

Umunyarwenya w’Umunyafurika y’Epfo Trevor Noah azongera kuyobora ibirori bya Grammy ku nshuro ya gatandatu, bikaba ari inshuro ya nyuma, nk’uko byemejwe n’abategura ibi bihembo.

Noah yatangiye kuyobora Grammy mu 2021, mu gihe icyorezo cya Covid-19 cyari kikigaragara cyane. Kuva icyo gihe, yamenyekanye kubera urwenya ruvanze na politiki n’imyidagaduro, bikamugira umwe mu bayoboye Grammy bashimiwe cyane.

Umuyobozi mukuru w’iki gikorwa, Ben Winston, yavuze ko uruhare rwa Noah rwagize ingaruka zikomeye kandi nziza ku birori.

4. Justin Bieber yongeye gusubira ku rubyiniro

Mu bahanzi bamaze kwemezwa ko bazatarama harimo Justin Bieber, uri no mu bahatanira ibihembo bine, birimo Album of the Year abikesheje “Swag”, album ye ya mbere asohoye nyuma y’imyaka ine.

Uyu muhanzi w’imyaka 31 yahuye n’ingaruka z’indwara idasanzwe ya Ramsay Hunt syndrome, yatumye ahagarika igice cya nyuma cy’urugendo rwe rw’ibitaramo ku isi umwaka ushize.

Bieber, wamamaye akiri muto mu 2009, ateganyijwe kandi kuba umuhanzi mukuru (headliner) mu iserukiramuco rya Coachella muri Mata uyu mwaka.

Abandi bahanzi bazatarama barimo Lady Gaga, Sabrina Carpenter na Clipse, nk’uko byemejwe n’abategura.

5. Ibyiciro bishya bya Grammy

Uyu mwaka, Recording Academy yongeyemo ibyiciro bibiri bishya, ikuraho kimwe, bituma igira ibyiciro 95.

Hongewemo igihembo cya Best Traditional Country Album, kigamije gushyigikira umuziki wa country w’umwimerere, mu gihe hari abari batangiye kugaragaza ko country igezweho ivanze na pop iri gusunika inyuma umwimerere wayo.

Igihembo cyahoze ari Best Country Album none cyahindutse Best Contemporary Country Album.

Hongewe kandi igihembo cya Best Album Cover.

Ibyiciro bibiri byari bisanzwe Best Recording Package na Best Boxed or Special Limited Edition Package byahujwe bigirwa igihembo kimwe cyitwa Best Recording Package.

Recording Academy yatangaje ko izi mpinduka zigamije kugira umuziki wose uhagararirwa no guha agaciro impano zitandukanye mu buryo umuziki ukorwa no kwishimirwa bigenda bihinduka.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *