Muri teritwari ya Masisi, Rutshuru na Nyiragongo, intara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC) hazindukiye ibitero by’intwaro ziremereye.
Ni amakuru yemejwe na Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa mu gitondo cyo kuri uyu wa 8 Ukwakira 2023, aho yagize ati: “Ibitero rusange byagabwe muri iki gitondo na FARDC, inshuti zayo FDLR, abacancuro n’imitwe y’inkeragutabara muri Masisi, Rutshuru na Nyiragongo. Amabombe ari kuraswa mu bice bituwe. M23 irivuna umwanzi.”
Umuvugizi wa M23 ku rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka, na we yemeje amakuru y’ibitero mu bice birimo Kahunga na Kinyandonyi. Yagize ati: “Kuva mu gitondo cy’uyu wa 8/10/2023, ibitero rusange by’intwaro ziremereye by’ingabo za Leta n’inshuti byakomeje, haraswa ibice bituwe no ku birindiro byose bya M23 birimo Kahunga na Kinyandonyi. M23 irirwanaho kinyamwuga.”
Imirwano ivugwa muri Masisi iri kubera mu gace ka Kilolirwe na Nturo, aho abarwanyi ba Wazalendo baherutse gutwika amazu menshi. Muri Rutshuru, ni muri Kinyandonyi, mu bilometero 13 ugana mu mujyi wa Kiwanja, ku muhanda munini wa Goma-Ishasha n’uwa Goma-Butembo. Muri Nyiragongo ho iri kubera muri Kibumba.
Iyi mirwano yubuye nyuma y’agahenge kabonetse kuri uyu wa 7 Ukwakira 2023, gusa ejo bundi yari yafashe indi ntera mu bice bitandukanye by’izi teritwari birimo gurupoma ya Kibumba iri mu bilometero bibarirwa muri 20 werekeza i Goma ndetse n’umujyi wa Kitshanga ufatwa nk’uw’ingenzi ku ruhande ruri kurwana.


