Ibyihebe byishe abasivili barenga 20 mu burasirazuba bwa DR Congo

Abasivili barenga 20 baguye mu gitero cyagabwe n’ibyihebe bya ADF bigendera ku mahame akarishye ya kiyisilamo mu Burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

Iki gitero cyagabwe mu ijoro ryo ku wa mbere mu nkengero z’agace ka Oicha, umujyi wa Beni, intara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Ingabo ziharanira Demokarasi (ISF) zishamikiye kuri IS (ADF) zirashinjwa kwica abaturage ibihumbi n’ibihumbi mu burasirazuba bwa DRC,gusa kuri uyu wa mbere by’umwihariko zikaba zarishe abagera kuri 20.

Ku wa kabiri, umuyobozi w’agace ka Beni ,Nicolas Kikuku yatangarije AFP kuri telefoni ati: “Kugeza ubu dufite imibiri 20 iri mu buruhukiro bishwe n’ibyihebe bya ADF .Ubu turi mu cyunamo.”

Uhagarariye sosiyete sivile mu karere ka Beni, Darius yavuze ko abahohotewe ari abana bato 12 n’abantu bakuru 14, abenshi muri bo bakicwa bakoresheje ibyuma.Ubusanzwe ADF igizwe ahanini n’inyeshyamba z’abayisilamu bo muri Uganda, ADF, ikaba yarashinze ibirindiro mu Burasirazuba bwa DR Congo mu myaka ya za 1990.

Iyi ADF ikaba iherutse kwica umugabo n’umugore bari bari mu lkwezi kwa buki ndetse n’uwabayoboraga ubwo bari bari muri paliki yitiriwe Queen Elizabeth muri Uganda.Uganda na DRC bagabye igitero gihuriweho mu 2021 kurwanya ADF kugira ngo birukane abo barwanyi mu birindiro byabo ariko ntacyo byatanze.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *