Igipolisi cya Zambia cyakuye mu rugo rw’uwahoze ari perezida imodoka kivuga ko zibwe n’umugore we

Kuri uyu wa Gatatu, abapolisi benshi bitwaje intwaro nyinshi bagabye igitero ku nzu y’uwahoze ari Perezida wa Zambia, Edgar Lungu, bahakura imodoka bivugwa ko zibwe n’uwahoze ari umugore wa mbere mu gihugu (ex-first lady) .

Polisi yavuze ko “bakoze iperereza” nyuma ya raporo y’ubujura bw’imodoka eshatu kandi ko “bashoboye kumenya ko ziherereye mu rugo rwa Esther Lungu ” mu nkengero z’umurwa mukuru wa Lusaka.

Umuvugizi wa polisi, Danny Mwale yagize ati: “Ukekwaho icyaha yasabwe kwitaba polisi uyu munsi.”

Polisi yavuze ko umugore wa Edgar Lungu ngo “yafashe” imodoka, ikamyo ya Mitsubishi, hamwe na Toyota Sedan ebyiri nto, azambuye undi mugore mugenzi we muri Kanama umwaka ushize.

Polisi ivuga ko uwahohotewe yategetswe gutanga izo modoka nyuma yo kujyanwa mu rugo rw’umugore w’uwhoze ari Perezida wa Zambia.

Benshi mu bashyigikiye Lungu biganjemo abayoboke b’ishyaka ryahoze ryahoze ku butegetsi, Patriotic Front, bamanutse ku rugo rwa Lungu mu rwego rwo kwerekana ko bifatanyije nawe n’umuryango we.

Mbere, abapolisi bagaragaye bashakisha imodoka zari ziparitse mu gikari cya Lungu.

Mu 2021, Lungu yatsinzwe amatora na Perezida Hakainde Hichilema, mbere yo gutsinda wari umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi.

Raphael Nakachinda, umuvugizi w’ishyaka rya Lungu, yashinje guverinoma ya Hichilema kuba ifite “ubwoba, umujinya no kwihorera”, igihe umukwabu wa polisi wari ukomeje mu rugo rwa Lungu.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *