Igisasu cya Israel cyahitanye umunyamakuru, gikomeretsa bagenzi be benshi

Igisasu ingabo za Israel zarashe ku mupaka wayo na Lebanon cyahitanye umunyamakuru umwe muri benshi bakurikiranaga inkuru y’intambara igiye kumara icyumweru, abandi batandatu barakomereka.

Ibiro ntaramakuru by’Abanyamerika, Associated Press, bimaze gutangaza ko uwishwe n’iki gisasu ari umunyamakuru Issam Abdallah ufata amashusho w’ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters.

Reuters yamaze kwemeza aya makuru y’urupfu rwa Issam wari umaze iminsi akorera mu majyepfo ya Lebanon, igira iti: “Tubabajwe bikomeye no kubabwira ko uwadufatiraga amashusho, Issam Abdallah, yishwe. Turi gushaka andi makuru, dukorana n’abayobozi muri aka gace kandi dufasha umuryango wa Issam na bagenzi be.”

Ibi biro ntaramakuru by’Abongereza byanemeje kandi ko mu banyamakuru batandatu bakomeretse harimo babiri babyo, ari bo: Thaer Al-Sudani na Maher Nazeh. Harimo abandi babiri ba Al Jazeera, Elie Bralkhya na Carmen Joukhadar, abasigaye bo ntibaratangazwa n’ibigo bakorera.

Iyi ntambara yatangijwe n’umutwe wa Hamas ukorana na Leta ya Palestine. Hezbollah iba muri Lebanon na yo yayinjiyemo, bituma ingabo za Isreal zirasa buri ruhande ibitero biri guturukamo, haba muri Gaza Strip no muri Lebanon.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *