img_20201228_185844.jpg

Igisirikare cy’u Rwanda cyabonye umuvugizi mushya

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) kuri uyu wa Mbere, bwagize Lt Col Ronald Rwivanga Umuvugizi mushya w’Ingabo z’u Rwanda asimbuye kuri uwo mwanya Lt Col Innocent Munyengango wari uwumazeho imyaka itatu.

Lt Col Munyengango yari yarahawe ziriya nshingano asimbuye Maj Gen Safari Ferdinand.

Umuvugizi mushya w’Ingabo z’u Rwanda, yari asanzwe ari Umuhuzabikorwa Ushinzwe amasomo mu Ishuri Rikuru ry’Ingabo z’u Rwanda, gusa yanakoze inshingano zitandukanye mu gisirikare harimo no kuba mu mutwe wa GP (Republican Guard) Ushinzwe kurinda abayobozi bakuru b’igihugu.

img_20201228_185844.jpg

umuvugizi_mushya_w_ingabo_z_u_rwanda_lt_col_munyengango_innocent.jpg

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *