Igisirikare cya Sudani cyongeye gufata ibice byo muri Leta ya Al Jazirah yigaruriwe na RSF

Kuri uyu wa Mbere, ingabo za Sudani n’ingabo zifatanije nazo zakajije umurego muri Leta ya Al Jazirah rwagati muri Sudani rwagati, zigarurira ahantu h’ingenzi mu majyepfo no mu burasirazuba bwa leta hagenzurwaga n’ingabo za Rapid Support Forces (RSF) zihanganye n’ingabo za Leta .

Abasirikare bashyize ahagaragara amashusho yerekana ko bagenzura agace ka Um Al-Qura gahana imbibi na Leta ya Gedaref kandi kakaba gaherereye nko mu bilometero 40 mu burasirazuba bwa Wad Madani, umurwa mukuru wa Leta ya Al Jazirah.

Abu Aqla Kikl wahoze ayobora RSF muri leta ya Al Jazirah winjiye mu gisirikare cya Leta mu mpera z’Ukwakira, yagaragaye muri videwo akikijwe n’ingabo ziri muri Um Al-Qura.

Ingabo za Leta kandi ziragenzura ku ruganda rw’isukari rwo mu burengerazuba bwa Sennar, nko mu birometero 37 mu majyepfo y’iburengerazuba bwa Wad Madani, kandi gicisha umweyo mu midugudu ihakikije RSF yakoreshaga nk’ibirindiro, yifashisha ibikorwa remezo by’uruganda.

Amakuru aturuka muri ako gace agera kuri Sudani Tribune avuga ko ingabo zageze ku kiraro cy’umujyi wa Wad Al-Haddad, nko mu bilometero 7 mu majyepfo y’ibirindiro bya RSF mu mujyi wa Al-Haj Abdullah mu mujyi wa Al-Jazirah.

Byongeye kandi, amakuru ava mu gisirikare yemeje ko ingabo zegeye imbere ku ruganda rw’isukari rwo mu burengerazuba rwa Sennar (mu majyepfo) no ku muhanda wa Um Al-Qura (iburasirazuba), avuga ko bizemerera ingabo ziri muri Al Manaqil, mu burengerazuba bwa Wad Madani, gutera imbere zerekeza mu murwa mukuru wa Leta.

RSF yigaruriye Wad Madani mu Kuboza 2023 maze zigera muri Leta ya Sennar mu majyepfo. Mu Kwakira, ingabo zongeye kwigarurira agace ka Jebel Moya ku muhanda w’igihugu uhuza Leta za Sennar, Al Jazirah, na White Nile. Nyuma yongeye kugenzura imijyi ya Al-Dinder, Wad Al-Nil, Abu Hajar, na Al-Suki mbere yo kwinjira i Sinjah, umurwa mukuru wa Leta ya Sennar, mu cyumweru gishize.

Ingabo za RSF ziracyagenzura uduce twa Al-Dali na Al-Mazmum mu majyepfo y’iburengerazuba bwa Leta ya Sennar, hafi y’umupaka na Sudani y’Epfo, hamwe n’ibice by’intara ya Al-Tadamun mu majyaruguru y’iburengerazuba bw’akarere ka Blue Nile.

Ku murongo wa Khartoum Bahri, amakuru yo muri ako gace yatangaje ko ingabo zateye intambwe mu kugera mu kigo cya Al-Zarqa ku muhanda wa Al-Maouna mu nkengero za Shambat.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *