Igitero cya Israel muri West Bank cyahitanye Komanda wa Hamas muri Jenin

Igisirikare cya Israel cyavuze ko cyagabye igitero ku Mujyi wa Jenin wo muri West Bank ku munsi wa gatatu w’imirwano ikaze mu butaka bwa Palesitine bwigaruriwe, gihitana Komanda wa Hamas muri uyu mujyi.

Israel yavuze ko ingabo zayo “zagabye igitero ku mutwe w’iterabwoba.” Kuri X, ahahoze ari Twitter, IDF yavuze ko “yivuganye” Wassem Hazem, umuyobozi wa Hamas muri Jenin, mu gikorwa cyabereye mu majyaruguru ya Samaria.

IDF yavuze ko Hazem yamenyekanye ari kumwe rw’agatsiko k’iterabwoba mu modoka muri ako gace.

Igisirikare cya Israel gishinja Hazem “kugira uruhare mu kugaba no kuyobora ibitero byo kurasa no gutera ibisasu, ndetse no gukomeza ibikorwa by’iterabwoba mu bice bya Yudaya na Samariya.”

IDF yavuze ko, nyuma gato y’ubwicanyi, imwe mu ndege zayo yahitanye abarwanyi babiri ba Hamas ivuga ko bari bahunze bavuye mu modoka bari barimo, hamwe na Hazem.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *