20260130_111312

Igitero cy’iterabwoba cya FARDC mu isoko rya Sange cyaguyemo 5

Umutwe wa AFC/M23 washinje ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kugaba igitero cy’iterabwoba mu isoko rya Sange riherereye muri Teritwari ya Uvira, rikica abaturage batanu b’abasivile.

Ku mugoroba wo ku wa Kane tariki ya 29 Mutarama ni bwo muri ririya soko hagabwe igitero cya grenade, nk’uko AFC/M23 yabyemeje biciye muri Lawrence Kanyuka uyivugira.

Yagize ati: “Ku wa Kane tariki ya 29 Mutarama, ihuriro ry’Ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa ryakoze igitero cy’iterabwoba ndengakamere mu isoko rya Sange. Grenade yatewe nkana rwagati mu baturage b’abasivile, yica inzirakarengane eshanu zirimo abagore, abandi benshi barakomereka.”

AFC/M23 yavuze ko kiriya gikorwa ari icyaha gikomeye ndetse kikaba kunyuranyije cyane n’amategeko mpuzamahanga arengera ikiremwamuntu.

AFC/M23 yaboneyeho kumenyesha Umuryango Mpuzamahanga n’abanye-Congo ko ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje “guhonyora uburenganzira bwa muntu mu buryo bukomeye, buteguwe kandi bugambiriwe ndetse no kwica agahenge”.

Ivuga ko kugira ngo Kinshasa ihishe ibyo byaha inakumire ikurikiranwa ryabyo yafashe icyemezo cyo gukupa internet mu mujyi wa Uvira.

AFC/M23 kandi yamaganye mu buryo bukomeye ibi bikorwa by’iterabwoba, ibyaha n’ubugizi bwa nabi, ishimangira ko ubutegetsi bwa Kinshasa ari bwo bugomba kubyirengera.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *