Ikiganiro kirambuye Lukashenko yagiranye n’umukuru wa Wagner mbere yo kumucubya

Perezida Aleksandr Lukashenko wa Belarus, yashyize hanze ibikubiye mu kiganiro yagiranye na Yevgeny Prigozhin washinze umutwe w’abacancuro wa Wagner mbere yo kumucubya.

Lukashenko yabitangarije mu ijambo yavugiye mu muhango yari yahuriyemo na ba Jenerali bo mu ngabo za Belarus wabereye mu mujyi wa Minsk.

Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize Prigozhin yari yarahiriye gusenya ubuyobozi bukuru bw’Ingabo z’u Burusiya, nyuma yo kuzishinja kugaba igitero cya misile ku barwanyi ba Wagner bamwe abenshi bagapfa.

Uyu mugabo wari warahiriye kujya i Moscou nyuma yo kwigarurira icyicaro Gikuru cy’Ingabo z’u Burusiya kiri mu mujyi wa Rostov-on-Don, yisubiriye nyuma yo guhamagarwa kuri terefoni na Lukashenko wahise amwemerera ubuhungiro.

Perezida wa Belarus aganira na ba Jenerali be yagize ati: “Nasabye Putin kutihutisha ibintu. Naramubwiye nti ‘reka tubanze tuvugishe Prigozhin na ba komanda be.”

Putin yaramusubije ati: “Reba Sasha [Lukashenko], nta cyo biri bumare, nta n’ubwo ari bwitabe terefoni ye.”

Lukashenko yahise abaza Putin ati: “Ari hehe?”, undi amusubiza ko “muri Rostov (-on-Don).”

Lukashenko: “Ok… Ndagerageza kumuhamagara.”

Lukashenko wateraga urwenya ba Ofisiye bo mu ngabo za Belarus n’abandi bayobozi muri uriya muhango wabereye mu ngoro izwi nka Palace of Independence, yashimagije umukuru wa Wagner amwita “umuntu w’intwari.”

Yavuze ko agitangira kuvugana na Prigozhin bakoresheje imvugo nyandagazi.

Icyo gihe ngo Umukuru wa Wagner yaramubwiye ngo “Nibampe [Minisitiri w’Ingabo] Sergei Shoigu, n'[Umugaba Mukuru w’Ingabo Valery] Gerasimov. Ndashaka kandi guhura na Putin.”

Lukashenko avuga ko yamusubije ati: “Zhenya [Yevgeny], nta muntu n’umwe uzaguha Shoigu, Gerasimov cyangwa undi uwo ari we wese kubera iyo mpamvu.”

Perezida wa Belarus yavuze ko umukuru wa Wagner yamusubije ati: “Ariko rwose turashaka ubutabera. Barashaka kutuniga. Turajya gufata Moscou rero.”

Undi mu kumusubiza ngo yaramubwiye ati: “Bazabasyonyora nk’abasyonyora ibiheri mutaragera i Moscou, n’ubwo Putin yambwiye ko ingabo z’igihugu zihugijwe n’urugamba ahandi hantu.”

Perezida Lukashenko yatangaje ko Yevgeny Prigozhin yamaze kugera i Minsk mu murwa mukuru wa Belarus nyuma yo kumwemerera ubuhungiro.

Minisiteri y’Ingabo z’u Burusiya yo yatangaje ko kuri ubu abarwanyi ba Wagner bari mu myiteguro yo kuyisubiza intwaro ziremereye uriya mutwe wari warahawe.

Ni mu gihe u Burusiya buvuga ko hagati y’umwaka ushize wa 2022 n’uyu wa 2023 bwari bumaze gutakaza $ miliyari mu rwego rwo gutera inkunga Wagner.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *