img-20231021-wa0046-b685e-598e8

Imirwano ya M23 na FARDC yahinduye icyerekezo

Imirwano hagati y’umutwe witwaje intwaro wa M23 n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yongeye kubura muri Teritwari ya Lubero; nyuma y’igihe kirekire cy’agahenge.

Amakuru avuga ko impande zombi kuri uyu wa Kabiri zaramutse zirwanira mu duce twa Mambasa, Ndoluma na Lubango.

M23 isanzwe igenzura ibice bitandukanye bya Teritwari ya Lubero nka Matembe, Thimbothimbo, Vutsorovya, Nduta na Alimbongo igenzura kuva mu mpera z’umwaka ushize.

Imirwano yo muri Lubero yongeye kubura nyuma y’imirwano ikaze yabaye hagati yo muri Mutarama na Gashyantare igasiga M23 yigaruriye imijyi ya Goma na Bukavu.

Abakurikiranira hafi intambara izi nyeshyamba zirwana n’ingabo za Leta bahuriza ku kuba gufungura imirongo y’urugamba mu gice cya Grand-Nord biri mu rwego rwo kugerageza kwigarurira Umujyi wa Butembo uherereye mu bilometero bibarirwa mu ijana uvuye mu duce imirwano iri kuberamo.

Usibye imirwano yo muri Lubero, amakuru avuga ko impande zihanganye kuri uyu wa Kabiri zaramutse zirwanira muri Teritwari ya Fizi ho mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aho inyeshyamba zakurikiye ihuriro ry’ingabo za Leta zahungiye mu bice by’Umujyi wa Uvira.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *