Indege y’intambara yo mu bwoko bwa F-16, Ukraine yahawe n’inshuti zayo zo mu muryango wo gutabarana mu bya gisirikare w’Uburayi n’Amerika (OTAN), yashwanyagujwe n’igitero cya Missile y’u Burusiya.
Ni bwo bwa mbere indege nk’iyi ihanuwe kuva Ukraine yahabwa izi ndege mu ntangiriro y’uku kwezi. Ni igitero cyaguyemo n’umupilote wari uyitwaye.
Igisirikare cya Ukraine kivuga ko isandara ry’iyo ndege ritatewe mu buryo butaziguye n’igitero cya misile cy’umwanzi.
Gusa ku rundi ruhande, Ukraine nayo yemeje ko yahanuye utudege tw’u Burusiya tutagira aba pilote twari tumaze igihe tuyibasira
Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky yemeje ko izo ndege zo mu bwoko bwa F-16 zirimo gukoreshwa mu guhanura ‘drone’ na misile z’Uburusiya.
Zelensky muri iki Cyumweru yasabye inshuti za Ukraine kuyemerera gukoresha misile zirasa mu ntera ndende, mu kurasa imbere cyane mu Burusiya.
Ni mu gihe Umugaba mukuru w’ingabo z’Ubuholandi Jenerali Onno Eichelsheim yemeje ko buzaha Ukraine indege 24 z’ubwo bwoko, ziyongera ku zindi ntwaro.


