Igisirikare cya Nigeria cyatangaje ko Ingabo zacyo zirwanira mu kirere zivuganye amabandi yitwaje intwaro arenga 100, nyuma yo kuyagabaho ibitero ku wa Kabiri w’iki cyumweru.
Ni ibitero Ingabo za Nigeria zagabye muri Leta ya Zamfara iherereye mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw’iki gihugu.
Zamfara ni Leta imaze imyaka myinshi irangwamo urugomo rw’amabandi yitwaje intwaro, aho agaba ibitero ku baturage akabica abandi akabatwikira amazu nyuma yo kuyasahura.
Aya mabandi kandi avugwaho gushimuta abaturage akabarekura ari uko ahawe amafaranga.
Umwe muri ba Ofisiye mu ngabo za Nigeria wagize uruhare muri biriya bitero yabwiye AFP ko “Indege z’intambara zagabye ibitero byo mu kirere ku mabandi. Nzi neza ko arenga 100 yishwe, hanyuma arenga 200 akomereka bikomeye.”
Undi muyobozi mu ngabo za Nigeria na we yemeje ko amabandi arenga 100 yapfuye, yungamo ko “Imirambo, yakongotse cyane, yuzuye ibihuru. Ni benshi cyane ku buryo amabandi bataye benshi muri bo kugira ngo abone umwanya wo kwimura inkomere.”
Aba basirikare bavuga ko kuba Igisirikare cyarakoreye ubutasi ku gihe ari byo byatumye hamenyekana aho ariya mabandi yari yihishe, mbere yo kiyasukaho umuriro w’ibisasu.


