Indege za Boeing 737 Max zigiye kongera gukomorerwa

Raporo y’abagenzuzi b’Ikigo cya Amerika gishinzwe indege za gisivili, FAA, yagaragaje urutonde rw’ibyo Boeing igomba gukemura kugira ngo indege zayo zo mu bwoko bwa 737 Max zemererwe kongera gukora.

Indege zo mu bwoko bwa Boeng 737 Max zabujijwe kuguruka muri Werurwe umwaka 2019, nyuma y’impanuka ebyiri izi ndege zari zimaze gukora zigahitana abantu 346 mu mezi atarenga 6. Ni impanuka zabereye muri Ethiopia na Indonesia.

Ikigo cya Boeing kiratangaza ko bitarenze umwaka utaha w’2021 kizasubukura ibikorwa byacyo byo gutwara abantu mu ndege zirimo na Boeing 737 max. Ibi kirabishingira kuri raporo y’impuguke mu byindege zimaze iminsi zikora ubugenzuzi ku ndege za Boeing. Iyi raporo yagaragaje ibyihutirwa gukosorwa muri izi ndege zikongera gutwara abantu nk’uko byari bisanzwe.

Bimwe mu byagaragajwe na FAA, harimo guhindura gahunda ya mudasobwa ‘software’ igenzura kuguruka kw’indege, kuvugurura amabwiriza y’abapilote no kuvugurura ibijyanye n’ikoranabuhanga ryo muri izi ndege.

FAA iramara impungenhe abagenzi bari bafite ku ndege za Boeing, aho ivuga ko bamaze gukosora ibyinshi mu bibazo byateraga impanuka za hato na hato z’izi ndege.

FAA yavuze ko igihe cyose Boeing izakosora ibibazo bisigaye byagaragajwe na raporo y’abagenzuzi bayo, nta kabuza izongera kwemererwa gukora ingendo.

Igenzura mu kigo cy’Abanyamerika “Boeing” rimaze igihe rikorwa n’impuguke mu bwubatsi bw’indege , abagenzuzi, abapilote n’abandi bakozi bafasha mu bya tekinike, bose hamwe barenga 40.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *