Nyuma y’ uko izina rya Ingabire Victoire rikomeje kugaruka mu rubanza rw’abantu icyenda baregwa gushaka guhirika ubutegetsi bw’ u Rwanda badakoresheje intwaro, Umucamanza yategetse ko Ingabire Victoire nawe yitaba urukiko kugira ngo agire ibyo abazwa muri uru rubanza rw’abafatwa nk’abakorana na we.
Ni ikifuzo cyatanzwe n’ Umucamanza w’Urukiko Rukuru i Kigali wategetse ko Victoire Ingabire, umunyapolitike utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda akaba n’ umuyobozi w’ ishyaka DALFA-Umurinzi, ritaremerwa mu mashyaka akorera mu Rwanda, yitaba urukiko.
Ubushinjacyaha buvuga ko abo bantu icyenda (9) bagiye bagirana ibiganiro na Ingabire Victoire, ikindi ngo akaba yaragiye atera inkunga irimo, amafaranga n’amahugurwa yo kwigisha abo bantu uko ubutegetsi bwakurwaho hadakoreshejwe intwaro.
Mu rubanza rw’ aba bantu 9 rwaburanishijwe kuri uyu wa kabiri tariki 17 Kamena 2025, umucamanza yabajije impamvu Victoire Ingabire yaba agaragara nk’ukuriye umugambi w’ibyaha ubushinjacyaha buvuga ariwe uwuri inyuma ariko bukaba butarigeze bumutumiza muri uru rubanza.
Umushinjacyaha yavuze ko amategeko amwemerera gukurikirana uwo ashaka cyangwa se kuba yahitamo kutamukurikirana bitewe n’ impamvu runaka.
Me Gatera Gashabana wunganira abaregwa yavuze ko ari ikibazo kuba umushinjacyaha atarabajije abo avuga ko bagize uruhare mu byaha ashinja abakiriya be, agahitamo gufunga abo yise ko ari abantu boroheje.
Abaregwa barimo umunyamakuru Théoneste Nsengimana wafunzwe mu mpera z’umwaka wa 2021, bafashwe nyuma yo kwitabira amahugurwa yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga, ubushinjacyaha buvuga ko bahugurwaga uburyo abantu barwanya ubutegetsi badakoresheje intwaro.
Ubushinjacyaha buvuga ko abafashwe bose ari abayoboke b’ishyaka rya DALFA-Umurinzi rya Victoire Ingabire kandi ko ari ryo ryateguye ayo mahugurwa rikanayatera inkunga.
Urubanza rw’aba baregwa rukazakomeza ku wa kane, gusa mu gihe umucamanza yategetse ko Victoire Ingabire na we azitabira urukiko, ntibiramenyekana neza niba koko azaza.
Ingabire yafunzwe mu 2010 ubwo yari amaze iminsi ageze mu Rwanda aje kwiyamamaza mu matora ya Perezida, afungurwa muri 2018 ahawe imbabazi na Perezida Paul Kagame, nyuma y’imyaka umunani afungiye ibyaha yahamijwe n’ urukiko birimo, kugambanira igihugu agamije kukibuza umudendezo no kurema umutwe w’abagizi ba nabi.


