Kuri iki Cyumweru, itariki ya 10 Nzeri, mu Ntara ya Haut-Uele, ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) zakozanyijeho n’ingabo za Sudani y’Epfo nk’uko amakuru yaturutse mu nzego z’umutekano yatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru bya Congo avuga. Bivugwa ko ingabo za Sudani y’Epfo zari zikurikiranye inyeshyamba za NAFSA mu gace ka Waliwa, agace ko muri Sheferi ya Logo Bagela, Teritwari ya Faradje, ku mupaka hagati ya RDC na Sudani y’Epfo.
“Ingabo za Congo zashoboye gusubiza inyuma ingabo za Sudani y’Epfo zisubira hakurya y’umupaka. Nta nkomere cyangwa impfu ku ruhande rwa FARDC. Ku rundi ruhande, Hapfuye benshi abandi barakomereka ku ruhande rw’inyeshyamba za NAFSA n’ingabo za leta ya Sudani y’Epfo. Bose basubijwe mu gihugu bakomokamo kandi ituze ryagarutse ”, ibi bikaba byavuzwe na Captain Yuma Kisher, umuvugizi w’ingabo muri Uele.
Umuvugizi w’ingabo muri kariya gace yasobanuye ko atari ikibazo cy’imirwano hagati ya FARDC n’ingabo za Sudani y’Epfo ahubwo ko ari ugukurikirana, kuva ku wa Gatandatu inyeshyamba za NASFA kw’ingabo za Sudani y’Epfo i Waliwa, muri Sheferi ya Logo Bagela muri Sheferi ya Faradje mu Ntara ya Haut-Uele, kwateje urujijo hakabaho gukozanyaho.
Kuva mu mwaka wa 2020, bivugwa ko ingabo za Sudani y’Epfo zagiye zikorera ibikorwa inshuro nyinshi ku butaka bwa Congo. Sosiyete sivile muri iyi ntara isobanura ko uko gucengera kw’izi ngabo za Sudani y’Epfo guterwa no kuba Leta itagenzura umupaka uhuza DRC na Sudani y’Epfo. Irasaba ko hakongerwa ubugenzuzi bwa gisirikare ku mipaka.


