Ingabo za RDC n’iza MONUSCO zubuye ibitero ku nyeshyamba

Ingabo za Repubulika ya demukarasi ya Congo n’izo muri misiyo y’amahoro y’Umuryango w’Abibumbye, MONUSCO, zubuye ibikorwa bihuriweho byo kurwanya imitwe yitwaje intwaro ihungabanya umutekano w’abaturage.

Nk’uko Radio Okapi yabitangaje, ibi bikorwa byatangiriye mu giturage cya Masikini, teritwari ya Djugu mu ntara ya Ituri mu ijoro ryo ku wa 1 rishyira uwa 2 Ukwakira 2023.

Umuvugizi w’igisirikare cya RDC muri Ituri, Lt Jules Ngongo, yatangaje ko ibi bitero byatangiye kandi ko ubufatanye bwo kurwanya imitwe yitwaje intwaro ihungabanya amahoro birakomeza.

Lt Ngongo yagize ati: “Mwamenya ko ingabo za RDC ku bufatanye na MONUSCO, muri gahunda yo guhuza ingabo ku rwego rw’ibikorwa, twiyemeje kongera imbara mu kurinda abaturage bacu imitwe yitwaje intwaro ikiri ikibazo ku nzira y’amahoro.”

Uyu musirikare yavuze ko kuri uyu wa 3 Ukwakira atatangaza imibare y’abarwanyi b’inyeshyamba biciwe muri ibi bitero cyangwa se ababikomerekeyemo.

Biteganyijwe ko ingabo za MONUSCO zizava ku butaka bwa RDC mu Kuboza 2023, gusa impande zombi zagiranye ibiganiro, zumvikana ko zizongera ubufatanye muri aya mezi make asigaye, mbere yo gutaha.

Gusa, mu kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano, ibihugu bitandukanye byagaragaje ko gutaha kw’ingabo za MONUSCO kuzasiga icyuho gikomeye mu mutekano wa RDC, kuko ngo bigaragara ko ingabo z’iki gihugu n’iziri mu butumwa bwa EAC zidafite ubushobozi bwo kukiziba.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *