bdi_burundi_fdnb_02_02032024_fdnbbi-768x488

Inzara iratema amara mu basirikare ba FDNB bari muri RDC

Abasirikare b’u Burundi boherejwe mu gace ka Baraka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo barataka inzara, bagashinja ababakuriye kuba ari bo ba nyirabayazana.

Abataka inzara barimo abo muri bataillon ya 11 ibarizwa mu mujyi wa Baraka, ndetse n’abo mu yindi mitwe ibarizwa muri uriya mujyi wo mu ntara ya Kuvu y’Amajyepfo.

Abaganiriye na Radio Publique Africaine (RPA), bagaragaje ko iyo bagerageje kwinubira inzara ibugarije bahabwa ibihano biremereye n’ababakuriye.

Umwe mu baganiriye na kiriya gitangazamakuru, yagaragaje ko “batubwira ko tubarizwa mu mutwe w’inyeshyamba”.

Uwo musirikare yakomeje agira ati: “Buri musirikare aba yemerewe amagarama 200 y’umuceri ndetse n’ibishyimbo, ikirayi gito n’igitunguru. Nimugoroba irasiyo iba ari amagarama 250 y’umutsima, ariko buri gihe basigarana icya kabiri cyabyo.”

Yunzemo ko mu gihe baba banandikiwe umugati, ‘beignet’ n’igikoma kuri ubu batakibibona.

Abasirikare b’Abarundi kandi usibye inzara, banavuga ko bugarijwe n’umunaniro kubera kumara iminsi myinshi bajyanwa ku rugamba batarya.
Bavuga kandi ko ugerageje gusobanuza ngo amenye icyabaye bimuviramo gukubitwa no gufungwa.

Uwahaye RPA amakuru yagize ati: “Tuvanwa ku muyobozi umwe tujyanwa ku wundi. Umuntu wese ugaragaje ukutanyurwa arakubitwa akanoherezwa muri kasho.”
Aba basirikare bavuga ko batigera babona umuyobozi wa Brigade yabo uherutse kugera i Baraka, keretse iyo aje kubaha ibihano.

Abasirikare b’u Burundi bari i Baraka bavuga ko bashengurwa cyane no kubona ababakuriye bacuruza ibyo bakagenewe muri uriya mujyi.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Burundi, Général de Brigade Gaspard Baratuza, yatangaje ko yakoze iperereza ku byo bariya basirikare bavuga agasanga ari ibinyoma.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *