Ishyaka riri ku butegetsi ryamaganye abasabira Magufuli indi manda

Ishyaka Chama cha Mapinduzi (CCM) riri ku butegetsi muri Repubulika ya Tanzania, ryateye utwatsi bamwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko baribereye abayoboke, batangiye gusaba ko Perezida Dr. John Magufuli yazayobora indi manda.

Ni nyuma y’aho aba bagize Inteko baherutse gutanga igitekerezo, basaba ko Itegekonshinga ryavugururwa, Magufuli uri kuyobora manda ya kabiri, akazemererwa kuyobora iya gatatu.

Nk’uko tubikesha BBC, Umunyamabanga ushinzwe kumenyekanisha CCM, Humphrey Polepole yabwiye Inteko ko ibi bitashoboka, kuko na Magufuli ubwe yavuze ko atazarenza manda ebyiri, ati: “Nta mugambi afite wo kuguma ku butegetsi.”

Ibyo kuba atazayobora manda zirenze ebyiri, Perezida Magufuli wari hafi yo kurangiza manda ya mbere, yigeze gutangariza ko atazarenza n’umunota kuri manda ze ebyiri.

Yari mu nama n’abayobozi muri CCM, ababwira ko iri shyaka kuva mu mateka yaryo, rifite abantu bashoboye ku buryo atazabura umusimbura, akaba yanashobora kugeza Tanzania kuri byinshi kumurusha.

Bigaragara ko Tanzania yayobowe n’ishyaka rimwe, ari ryo CCM. Kuva mu 1985 kugeza ubu, iki gihugu kimaze kuyoborwa n’abantu bane; nta wigeze ayobora manda zirenze ebyiri (imyaka 10).

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *