Suella Braverman yashinje Sir Keir Starmer, wo mu ishyaka ry’Abakozi, kuba arimo kugerageza “gusenya” imbaraga zo guhagarika amato mato y’abimukira yambuka English Channel.
Iki gitero cy’Umunyamabanga ushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu kije mu gihe hagaragaye amakuru mashya ku mibanire y’ishyaka ry’abakozi n’abavoka ndetse n’abakangurambaga igamije kuburizamo gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda.
Braverman yagize ati: “Sir Keir Starmer arishimira rwihishwa imigambi yo guhagarika gahunda zacu zo guhagarika amato.
Ati: “Ari muri ibi kubw’impamvu zo kubona amanota ya politiki kandi ntabwo yitaye ku cyiza ku gihugu cyangwa ku Bongereza.”
Yongeyeho ati: “Mu gihe turimo gukora ibishoboka byose kugira ngo duhagarike amato, Starmer n’inshuti ze z’impirimbanyi barimo gukora ibishoboka byose kugira ngo babangamire imbaraga zacu kugira ngo babashe kubikoresha mu nyungu za politiki.”
Iyi nkuru dukesha ikinyamakuru The Sun, iravuga ko byagaragaye ko umunyamategeko mukuru uyoboye urugamba rwo guhagarika kohereza abimukira mu Rwanda na we yabaye umujyanama w’ishyaka ry’abakozi mu matora.
Jacqueline McKenzie ni umuyobozi ushinzwe ibibazo by’abimukira abasaba ubuhungiro muri Leigh Day, ikigo cy’abanyamategeko kiri gufasha abatanze ibirego bisaba guhagarika umugambi wa Leta y’u Bwongereza.
Yigeze kandi kunganira abantu barwanya koherezwa mu Rwanda.
Yashyizwe ku rutonde kandi nk’umuyobozi w’umuryango Detention Action , wajyanye mu rukiko ikirego kirwanya kohereza abimukira mu Rwanda.
McKenzie yanakoreye yakoranye n’ishyaka ry’abakozi, agira inama Sir Keir kuri politiki y’amatora ataha.
Byagaragaye kandi ko impirimbanyi y’umurimo Bella Sankey yari umuyobozi wa Detention Action.
Madamu Sankey, ubu ukuriye inama Njyanama y’Umujyi wa Brighton and Hove, yavuze ko gahunda y’u Rwanda isa n'”uburyo bwa kera bwo guca abantu”.
Abaminisitiri bashinje Ishyaka ry’Abakozi n’abafatanyabikorwa baryo “gukoresha amayeri yose” kugira ngo bagerageze kuburizamo icyifuzo cyabo cyo guhangana n’ikibazo cy’abinjira mu gihugu mu buryo butemewe.
Minisitiri ushinzwe abinjira n’abasohoka, Robert Jenrick, yashinje Sir Keir na bagenzi be gutenguha Abongereza bubahiriza amategeko bashaka kubona abantu binjiza mu gihugu abandi mu buryo bwa magendu bahagarara.
Mu nyandiko yanyujije mu kinyamakuru The Sun kuri iki Cyumweru gishize, Jenrick yagize ati: “Sir Keir Starmer afite ibibazo bikomeye bijyanye n’imikoranire ye n’abagiraneza n’abanyamategeko baharanira kuburizamo icyifuzo cyacu cyo guhagarika amato.
Ati: “Uyu munsi twamenye ko umunyamategeko wo hejuru wagiriye inama ishyaka ry’Abakozi kuri politiki yo kurwanya ivanguramoko ari ku isonga mu bikorwa byo guhagarika ko abantu boherezwa mu Rwanda.
Ati: “Umuyobozi w’inama y’abakozi na we yaharaniye guhagarika ingendo zo koherezwa.
Ati: “Abakozi bagerageje guhungabanya gahunda zacu zo guhagarika amato mu Nteko, kandi bagenzi babo barimo gukora ibishoboka ngo bahungabanye gahunda mu nkiko.”
McKenzie ni umufatanyabikorwa mu kigo cy’abanyamategeko cya Leigh Day, cyahagarariye umuryango wa Asylum Aid mu ntambara zo guhagarika umugambi w’u Rwanda.
Mu 2021, yaburaniye Umunya-Jamaica wahamijwe icyaha, wari umaze imyaka umunani afunzwe kubera gushimuta, mu bujurire bwo ku munota wa nyuma kugira ngo adasubizwa iwabo kubera ikibazo cy’umuvuduko ukabije w’amaraso.
Yakomeje kugaragaza ko atemera gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda.
Muri Kamena, yanditse ku rubuga rwa twitter ati: “Umunsi udasanzwe wo kuba mu Rukiko rw’Ubujurire kugira ngo tubone itangwa ry’icyemezo kijyanye no kuba gahunda yo kohereza mu Rwanda abimukira byemewe n’amategeko,”
“Abashaka ubuhungiro bashobora guhumeka undi munsi, gusa.”
Muri Mata umwaka ushize, yanditse kuri Twitter ko icyemezo cyo “kohereza abasaba ubuhungiro mu Rwanda giteye ubwoba kandi kidashoboka”.
McKenzie yatangaje kandi ko “kwirukana abo ari amahano kandi ko atari ubumuntu” maze asaba kurwanya ibyo bikorwa yise bibi” mu butumwa bwe kuri twitter mu 2021.
Muri Mata 2022, Detention Action nibwo yatangije ikirego cyayo cya mbere mu rukiko kirwanya politiki yo kohereza mu Rwanda, abimukira binjiye mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko.


